Nk’uko yabitangarije IGIHE, Knowless agiye gutaramira i Dubai mu gitaramo cyiswe ‘Rwanda Burundi Party’ giteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2015.
Knowless yavuze ko yishimiye kuba abonye aya mahirwe ndetse azakora ibishoboka byose kugira ngo abafana be bishime.
Uyu mukobwa yaherukaga i Dubai mu ntangiriro z’umwaka wa 2014, yahavuye ahakoreye amashusho y’indirimbo ye ‘Reka Ngukunde’.
Ngo ntako bisa kuba asubiye i Dubai afite igikombe cya PGGSS yari amaze hafi amezi atandatu ahatanira na bagenzi be icyenda.
Yagize ati“Ni byiza kuko ngiye kwereka abafana banjye umusaruro maze kugeraho mu muziki ndetse nibinshobokera hari ibikorwa bya muzika nzahakorera ariko ntahita ntangaza aka kanya”.
Knowless yerekeje i Dubai aherekejwe na Manager we Producer Clement, barateganya kuzahamara iminsi itanu ubundi bakagaruka mu Rwanda.
Mu baherekeje Knowless ku Kibuga cy’indege harimo Tom Close n’umugore we Tricia, Christopher na we ukorera muri Kina Music n’abandi bakorana bya hafi n’iyi nzu iteza imbere umuziki n’imyidagaduro.
Amafoto: Bizimana Jean



















TANGA IGITEKEREZO