00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Knowless yatangiye kubaka ikibanza yaguze i Gahanga

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 4 May 2015 saa 10:46
Yasuwe :

Butera Jeanne d’Arc uzwi mu muziki nka Butera Knowless yatangiye imirimo yo kubaka ikibanza aherutse kugura i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ibi byose uyu mukobwa akaba abifatanyije no gukomeza guhatana muri muzika yigaragaza nk’umwe mu bashoboye.

Nubwo iyo umuganirije umubaza aho ageze imirimo yo kubaka iki kibanza adashobora kukwemerera ngo mukomeze mubivugeho, hari amakuru yizewe yemeza ko uyu muhanzi yaguze ubutaka mu Karere ka Kicukiro mu gice kireba i Bugesera.

Mu kiganiro na IGIHE, Knowless yabajijwe niba koko afite ikibanza yatangiye no kubaka abyemera mu mvugo igoye gusigura ariko itarimo ‘impakanyi’. Abajijwe niba koko muri iyi minsi ahugijwe n’imirimo yo gukurikirana inyubako amaze iminsi atangiye, Knowless nabyo yabyemeye ariko akoresha imvugo izimije.

Uyu mukobwa yatangiye kubaka kimwe mu bibanza yaguze

Hari andi makuru avuga ko hari ibindi bibanza Knowless yaba yaraguze i Kanombe n’i Gacuriro. Ibi bikorwa byose akaba abigezwa n’umusaruro w’amafaranga avana mu muziki.

Nubwo ari kubaka ndetse akaba afite akandi kazi kenshi ka muzika agomba kurangiza bitarenze uyu mwaka, byose ngo yizeye kuzabifatanya kandi bikagenda neza.

Mu mihigo ikomeye Knowless yihaye ashaka kuzahigura bitarenze uyu mwaka, harimo kuzashyira hanze album ye ya Gatanu ndetse akaba ari gukora uko ashoboye ngo azegukane irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ya 5.

Imirimo yo gutunganya album ya Gatanu yo ngo arayigerereje, hasigaye indirimbo nke zigomba gukorerwa amashusho meza hanyuma akazayishyira ahagaragara.

Knowless ariha amahirwe yo kuzaba umukobwa wa mbere uzegukana PGGSS

Knowless umwe mu bahanzi icumi bahatanira miliyoni 24 zizatangwa na Bralirwa aracyashimangira ko akurikije ibitaramo bitatu bimaze kuba: icya Rusizi, Nyamagabe na Nyanza, ndetse akanashingira uko yiyeretse abafana n’uburyo bamwakiriye, ngo asanga ari we ukwiye kwegukana igikombe.

Akurikije uko i Nyanza yaririmbye, ngo asanga bimuha umwanya wa mbere wo kwegukana igikombe

Kugeza ubu yifitemo icyizere gihagije cyo kuzanikira bagenzi be ubundi agakora amateka yo kuba umuhanzi wa mbere w’igitsinagore uzaba yegukanye iki gikombe mu mateka ya muzika nyarwanda.

Yagize ati “Igikombe ngomba kugitwara ngendeye ku bitaramo tumaze gukora haba i Rusizi, Nyamagabe na Nyanza. Inshuro eshanu Primus Guma Guma imaze iba ni nyinshi. Turetse n’uko byaba ari amateka ku mukobwa mu muziki Nyarwanda, ariko ndanabikwiye.”

Twitter: @murungisabin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages