00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibintu bitangaje ku bakobwa babiri bari mu ndirimbo “Urare Aharyana” ya Dream Boyz

Yanditswe na

Ricahrd Irakoze

Kuya 11 July 2013 saa 11:45
Yasuwe :

IGIHE ntitwifuje kuvuga ku buhanga buri mu mashusho y’indirimbo “Urare Aharyana” ya Dream Boyz kuko yakozwe n’inararibonye mu by’amashusho Meddy Saleh wa Press It, ahubwo twifuje kubabwira ku bintu bitangaje by’abakobwa babiri bari muri iyi ndirimbo.
Uti ni ibihe: 1. Malaika
Umwe muri aba bakobwa witwa Malaika w’imisatsi miremire uba uri kwiyahuza inzoga muri iyi ndirimbo yamenyanye na Dream Boyz binyuze ku rubuga rwa Facebook.
Platini yagize ati “Twamukuye kuri facebook, ni umwe mu bo (…)

IGIHE ntitwifuje kuvuga ku buhanga buri mu mashusho y’indirimbo “Urare Aharyana” ya Dream Boyz kuko yakozwe n’inararibonye mu by’amashusho Meddy Saleh wa Press It, ahubwo twifuje kubabwira ku bintu bitangaje by’abakobwa babiri bari muri iyi ndirimbo.

Uti ni ibihe:

  • 1. Malaika
Dream Boyz batanze itangazo kuri Facebook, uyu Malaika yitabira ubutumire none yaje mu mashusho y'Indirimbo Urare Aharyana

Umwe muri aba bakobwa witwa Malaika w’imisatsi miremire uba uri kwiyahuza inzoga muri iyi ndirimbo yamenyanye na Dream Boyz binyuze ku rubuga rwa Facebook.

Platini yagize ati “Twamukuye kuri facebook, ni umwe mu bo twatoranyije mu itangazo twari twatanze”

  • 2. Umutoni Yvette
Platini avuga ko uyu Yvette biganye mu mashuri yisumbuye, yabayeho Nyampinga

Uyu witwa Umutoni Yvette, we yiganye na Platini mu mashuri yisumbuye i Gasange ahagana mu 2001, Ecole Secondaire de Gasange (hahoze hitwa muri Komine Giti).

Amakuru atapfa guhita yizerwa atangwa na Platini avuga ko uyu mukobwa yigeze kuba Nyampinga muri iri shuri.


Iyi ndirimbo ivuga ku bakundana bakunze guhangayikira abakunzi babo bakeka ko mu gihe batari kumwe baba bagiye mu bandi bagore. Bifashishije aya mashusho Dream Boyz bahumuriza abakunzi babo babasaba ko bakwiryamira kuko baba batagiye mu bandi bagore, ahubwo ko baba bari gushaka amafaranga n’imibereho muri iyi Kigali.

"Urare Aharyana" ni umwe mu mishinga Dream Boyz ikoranye na KINA Music, imwe mu nzira ibaganisha ku gusinyana amasezerano yo gukorana na Producer Clement Ishimwe, umuyobozi w’iyi nzu itunganya amashusho.

Nawe kanda urebe aba bakobwa muri "Urare Aharyana":


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages