Mu gitaramo gitegurwa n’Abanyarwanda baba mu gihugu cya Uganda bise ’Rwanda Night’ itsinda Dream Boyz n’umuhanzi Pacson ni bo bagitumiwemo
Iri tsinda ryahagurutse i Kigali kuri uyu Gatanu ryerekeje muri Uganda muri iki gitaramo cyakunze gutumirwamo umuhanzi Alpha Rwirangira ubu ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu kiganiro na IGIHE.com, Dream Boyz batangaje ko bagiye muri iki gitaramo cy’uyu mwaka bitewe ahanini n’indirimbo ’No one’ bafitanye n’umuhanzi Eddy Kenzo wo muri Uganda ikaba yaranakunzwe cyane muri icyo gihugu, Dream Boyz bakaba banatangaza ko bazagarukana amashusho y’iyo ndirimbo.
Aba bahanzi kandi basoza basaba abakunzi b’umuziki wabo gukomeza kubashyigikira babatora muri PGGSS II na nimero ya 11, bakaba bateganya kugaruka kuri uyu wa 5 Werurwe 2012 bazanye indirimbo nshya zabo.


















TANGA IGITEKEREZO