00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iyo ugeze kwa Producer Nicolas…

Yanditswe na

Ruzindana RUGASA

Kuya 26 April 2012 saa 02:25
Yasuwe :

Producer Nicolas ni umwe mu bantu batunganya indirimbo, twaramusuye aho akorere i Gikondo kuri Merez ya Mbere tuganira nawe, muri iyi nkuru igizwe n’amafoto turaza kwibanda cyane ku bantu n’ibintu twasanzwe iwe mu Studio ye yitwa “Narrow Road”.
Aya ni amwe mu mafoto twafashe ubwo twamusuraga aho akorera kuri uyu wa 23 Mata 2012.
Aya mafoto yafotowe na Ruzindana RUGASA

Producer Nicolas ni umwe mu bantu batunganya indirimbo, twaramusuye aho akorere i Gikondo kuri Merez ya Mbere tuganira nawe, muri iyi nkuru igizwe n’amafoto turaza kwibanda cyane ku bantu n’ibintu twasanzwe iwe mu Studio ye yitwa “Narrow Road”.

Aya ni amwe mu mafoto twafashe ubwo twamusuraga aho akorera kuri uyu wa 23 Mata 2012.

Aha niho hakorera Narrow Road Studio
Iyi ni intebe yakiriwemo Umunyamakuru wa IGIHE
Mbere yo kuvugana n'Umunyamakuru wa IGIHE Producer Nicolas yarabanje azimya iyi nyakiramashusho
Akabati kari mu ruganiriro karimo ibintu bitandukanye
Ati:''Niba hari n'abahanzi bifuza gucuruza ibihangano byabo babizana hano tukabibacururiza, ngirango urabona ko muri aka kabati hari n'ibindi bihangano''
Ati:''Niba ushobora kugenda wabasha kubyina, niba ushobora kuvuga wabasha kuririmba''
Imwe mu mitako imanitse ku nkuta za Narrow Road Studio
Iri tangazo ribuza umuntu wese kwinjirana inkweto mu cyumba gitunganirizwa mo
Mucyo Nicolas arimo gutunganya umuziki
Ibintu byose ngo bizashira ariko urukundo rwo ntiruzashira
Aba ni bamwe mu baririmbyi bo muri Worship Team yo muri UCC twahasanze baje gutunganya indirimo batutangarije ko bahisemo kuza aha kwa Nicolas kuko ngo bamuziho ubuhanga
Abaririmbi bo muri worship team yo muri UCC barimo gutunganya indirimbo hamwe na Producer Nicolas
Aba basore bo muri groupe yitwa TBB twabasanze muri iyi studio baje gutunganya indirimbo (gusa haraburamo umwe kuko basanzwe ari batatu)
Producer Nicolas ati ''Iyo umuntu aje tumuha ibinyamakuru bitandukanye akaba asoma mu gihe agitegereje umufasha''
Icyumba gikozwe mu buryo umuntu uri hanze atapfa kumva ibimo gukorerwa imbere
Bimwe mu bikoresho
Ati:"ibintu biri muri iyi studio birahenze kuko nk'iyi mudasobwa yaguzwe amadorari arenze ibihumbi bitatu"
Hari n'abajya bakoresha umuduri mu ndirimbo zabo gusa ngo Producer Nicolas we ntazi kuwukoresha
Izi ni headphones zikoreshwa n'ababa barimo kuririmba
Piano ikoreshwa muri Narrow Road Studio
Iki cyuma kigira umumaro mwinshi mu gutunganya umuziki kwa Producer Nicolas
Iki ni icyuma kirushaho kuyungurura no gutunga amajwi uyu musore akoresha
Izi ni zimwe mu ndangurura majwi ziri mu cyumba Nicolas atunganyirizamo umuziki
Ku kibambasi cyo mu cyumba Nicolas atungayirizamo umuziki hamanitse ama-CD
Ahanze amaso kuri mudasobwa kugirango hatagira na kamwe kamwisoba

Aya mafoto yafotowe na Ruzindana RUGASA


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages