00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

NUR yakubise iruzura mu gitaramo cya King James

Yanditswe na

Richard IRAKOZE

Kuya 14 January 2012 saa 06:30
Yasuwe :

Umuhanzi King James ubwo yamurikaga ku nshuro ya kabiri album ye ya kabiri yise ‘Umuvandimwe’, kuwa 13 Mutarama 2012 muri Auditorium nini ya Kaminuza y’u Rwanda abantu bakitabiriye ari benshi.
Bimwe mu byaranze iki gitaramo ni gutangira gitinze cyane kuko cyakerereweho amasaha agera kuri 3. Muri iki gitaramo, umuhanzi King James yaririmbiye abakunzi be indirimbo nshya zitazwi n’abakunzi be mu rwego rwo kubumvisha ibihangano byose biri kuri Album. Izo ndirimbo ni nka "Birandenga", "Ese (…)

Umuhanzi King James ubwo yamurikaga ku nshuro ya kabiri album ye ya kabiri yise ‘Umuvandimwe’, kuwa 13 Mutarama 2012 muri Auditorium nini ya Kaminuza y’u Rwanda abantu bakitabiriye ari benshi.

Bimwe mu byaranze iki gitaramo ni gutangira gitinze cyane kuko cyakerereweho amasaha agera kuri 3. Muri iki gitaramo, umuhanzi King James yaririmbiye abakunzi be indirimbo nshya zitazwi n’abakunzi be mu rwego rwo kubumvisha ibihangano byose biri kuri Album. Izo ndirimbo ni nka "Birandenga", "Ese warikiniraga", "Kuki unsize", "Mbabarira", "Nzajya Ngushima" na "Ubaye Uwanjye".

Muri iki igitaramo kandi hagaragayemo agashya k’uko umuhanzi Eric Senderi na Mako Nikoshwa batari bamenyerewe muri ibi bitaramo byo kumurika album. Senderi we yatunguranye mu ndirimbo ze abyinana n’ababyinnyi basetsa ku rubyiniro.

Hagaragayemo kandi umuhanzi Mako Nikoshwa utari uherutse kugaragara imbere y’abafana be. Uyu muhanzi waririmbye indirimbo ‘Tsigitsigi’ yatangarije IGIHE.com ko yishimiye kugaragara mu gitaramo cy’umuhanzi King James mu gushyira hanze album ye.

Yavuze kandi ko imwe mu mpamvu atakundaga kujya yitabira ibitaramo nk’ibi ari ukubera ko yari muri Uganda.

Ku ruhande rwe, King James wari wateguye iki gitaramo yavuze ko yishimye uko cyagenze. Yanavuze kandi ko yumva kuri we yageze kuri zimwe mu nzozi yateganyaga agitangira ubuhanzi. Yagize ati:"Gukorera igitaramo muri Kaminuza (NUR) yari imwe mu nzozi zanjye, kubera ukuntu bakunda umuziki wanjye, ukuntu bitabira ibitaramo, n’ukuntu batwereka ko bakunda umuziki nyarwanda”.

Abahanzi nka Tuff Gangz (Jay Polly, Fireman, Green P, Bull Dogg), Dream Boyz, Paccy na Edouce bari bararanzwe ko bazaza ntibabashije kugaragara muri iki gitaramo.

Umuhanzi King James yaherukaga kumurika iyi Album Umuvandimwe mu gitaramo cyabaye kuwa 10 Ukuboza 2011, kuri Stade Ntoya y’i Remera i Kigali.

Amwe mu mafoto y’igitaramo IGIHE.com twabashije kubona:

Eric Senderi watunguye abafana be akabaririmbira Icyomoro, Jalousie n'izindi kakahava
Umuhanzi Danny aririmba imbere y'Abanyabutare
Umuhanzi Christopher aririmba indirimbo ye "Iri Joro"
Danny aririmbana na Christopher
Naason aririmbira Abanyabutare
Umuhanzi Oncle Austin, aririmba Ndagukunda "Nzapfa Ejo"
Riderman ni umwe mu baraperi bari bari mu gitaramo
Kamichi, umuhanzi wagaragarijwe ko akunzwe cyane i Butare
Knowless na Kamichi baririmba indirimbo "Rukuruzi" yashimishije benshi muri NUR
Umuhanzi ganzo aririmba indirimbo ye nshya "Ndagukunda"
King James aririmba indirimbo ze zihogoza

Foto: Plaisir Muzogeye-Umuseke.com


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages