00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitaramo ‘Mani Martin LIVE 2013’ cyatumye bagarurira icyizere umuziki nyarwanda

Yanditswe na

Dean Irak

Kuya 2 September 2013 saa 10:59
Yasuwe :

Byari ibyishimo, akanyamuneza no kuryoherwa n’umuziki w’amasaha agera kuri atatu w’umuhanzi Mani Martin wiganjemo indirimbo gakondo; mu gitaramo cyabereye kuri Serena Hotel kuri iki Cyumeru tariki ya 1 Nzeri 2013.
Ku isaha nyirizina ya saa moya z’umugoroba umuhanzi wa mbere Babou yabimburiye abandi, nuko abifashijwemo n’abahanzi b’abana bagenzi be asusurutsa abantu mu ndirimbo ze “So Much To Say” na “Rimwe Kabiri”.
Babou yaje kuba ari we uhamagara bwa mbere Mani Martin ku rubyiniro nuko (…)

Byari ibyishimo, akanyamuneza no kuryoherwa n’umuziki w’amasaha agera kuri atatu w’umuhanzi Mani Martin wiganjemo indirimbo gakondo; mu gitaramo cyabereye kuri Serena Hotel kuri iki Cyumeru tariki ya 1 Nzeri 2013.

Ku isaha nyirizina ya saa moya z’umugoroba umuhanzi wa mbere Babou yabimburiye abandi, nuko abifashijwemo n’abahanzi b’abana bagenzi be asusurutsa abantu mu ndirimbo ze “So Much To Say” na “Rimwe Kabiri”.

Umuraperi Babou, w'imyaka 12, niwe watangiye igitaramo cya Mani Martin aririmba LIVE
Uyu ni umwe mu bana bacurangiye Babou gitari mu gutangiza igitaramo cya Mani Martin

Babou yaje kuba ari we uhamagara bwa mbere Mani Martin ku rubyiniro nuko igitaramo kirinikiza. Mu myambaro ikoranye ubuhanga, ari kumwe n’abahanzi bafatanya nawe bagize “Kesho Band”, acurangirwa umwirongi na David (umugabo wa Liza Kamikazi) Mani Martin yahereye ku ndirimbo zitaka ubwiza bw’u Rwanda”Rwanda Uri Nziza”, akurikizaho “Yoba Yoba” n’izindi.

Mani Martin yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe

Uko Mani Martin yaririmbaga niko abantu barushagaho kugaragaza ibyishimo, kugeza noneho ubwo atangiriye kuririmba indirimbo zihimbaza Imana. Yagize ati “Nk’uko mubizi, uyu mwaka hari hano kuri Serena Hotel ngira impanuka ikomeye cyane, ahari uyu munsi sinari kuba ndi kuririmbana namwe nk’uku, Imana ishimwe”.

Ako kanya ahita atera indirimbo ye yise “Ituro” agira iti “Iyaba atari wowe, rurya rwobo ruba rwaramize, iyo ataza kuba wowe Mana mba narabaye uko umwanzi yashakaga….”

Nirere Shanel umaze igihe mu Bufaransa yiga ibijyanye n'umuziki yaririmbye muri iki gitaramo avuga ko bimushimishije cyane kwifatanya na Mani Martin

Mani Martin yaje kwakirwa n’umuhanzi bakuranye Nirere Shanel nawe washimishije abafana benshi mu ndirimbo ze “Ndarota”, “Nakutaka” n’inshyashya yise yahimbiye u Rwanda.

Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’abashyitsi bakomeye benshi barimo Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga-Jean Philbert Nsengimana hamwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko-Nkuranga Alphonse, abahanzi Cecile Kayirebwa, Massamba (wo muri Congo), Jean Paul Samputu, Mighty Popo, Alain Muku n’abandi.

Aha Mani Martin yaririmbaga indirimbo ze zitaka ubwiza bw'u Rwanda

Mu Bafashe ijambo, bashimiye cyane Mani Martin, ndetse bavuga ko uretse kuba yongeye kubakumbuza umuco anabasubijemo icyizere cy’umuziki nyarwanda. Alain Muku yagize ati “Uyu mugoroba nagaruye icyizere ku muziki nyarwanda”.

Nkuranga Alphonse we yagize ati “Nanezerewe cyane kandi nabonye Mani Martin na bagenzi be harimo icyizere cy’umuziki nyarwanda”.

Cecile Kayirebwa mu bari bitabiriye igitaramo cya Mani Martin; Mani Martin yavuze ko ari we afata nk'icyitegererezo cye mu buhanzi

Dady De Maximo, umwe mu banyamideli bakomeye mu Rwanda, we yagize ati “Nanyuzwe cyane, nari maze igihe ntarira ariko narize”.

Mani Martin mu gusoza iki gitaramo cye, cyatewe inkunga ikomeye na MTN Rwanda, yaririmbye indirimbo yasabwe n’abafana be zirimo “Bila Wewe”, “Icyo Dupfana Kiruta Icyo Dupfa”, “Urukumbuzi”, “Cyono Ngwino” n’izindi.

Mani Martin yarinze asoza igitaramo cye akiririmbira abafana be

Foto: Faustin Nkurunziza


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages