00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto y’impanuka ya Meddy na Cedru

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 27 May 2013 saa 04:26
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Gicurasi IGIHE tabagejejeho inkuru y’uko umuhanzi Meddy yagize impanuka ubwo yatahaga ari kumwe n’utunganya amashusho, Producer Cedru.
Iyi mpanuka yabaye mu masaha y’ijoro ahagana saa tanu (11PM).
Nk’uko bigaragara mu mafoto imodoka Meddy yari atwaye niyo yagonze bityo iyagonzwe (yo mu bwoko bwa Taxi Voiture) iba ariyo yangirika cyane.
Maddy yabwiye IGIHE ko abari bari inyuma mu modoka bagonze ari bo bakomeretse ariko bidakabije cyane. (…)

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Gicurasi IGIHE tabagejejeho inkuru y’uko umuhanzi Meddy yagize impanuka ubwo yatahaga ari kumwe n’utunganya amashusho, Producer Cedru.

Iyi mpanuka yabaye mu masaha y’ijoro ahagana saa tanu (11PM).

Nk’uko bigaragara mu mafoto imodoka Meddy yari atwaye niyo yagonze bityo iyagonzwe (yo mu bwoko bwa Taxi Voiture) iba ariyo yangirika cyane.

Maddy yabwiye IGIHE ko abari bari inyuma mu modoka bagonze ari bo bakomeretse ariko bidakabije cyane. Yabwiye IGIHE ko abo bantu bari muri iyo modoka bahise bajyanwa mu bitaro.

Meddy yasobanuye ko impamvu y’iyi mpanuka ari uko uwo bagonganye yagombaga kuba yahagaze agategereza ko bahita ariko ntiyahagarara. Yagize ati "Hari ahantu [uwo nagonze] yagombaga guhagarara akitegereza imodoka, ntiyabikoze. Urumva yakomeje duhurira hagati."

Meddy nawe yaje guhita yihutira kujya kwa muganga ngo harebwe niba nta kibazo yagize kuko yababaraga mu gatuza ariko ku bw’amahirwe asanga ntacyo yabaye nuko ahita ataha.

Amafoto:

Iyi modoka ndende iri inyuma ni iy'ubutabazi naho iri imbere yahombanyeho ku kizuru y'umukara ni iyo Meddy yari atwaye
Iyi ni imodoka itwara abagenzi yagonzwe na Meddy
Impanuka yabaye mu masaha ya saa tanu z'ijoro (11PM)

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages