00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Senderi International yahimbiye indirimbo abafite ubumuga

Yanditswe na

Patrick Munyentwari

Kuya 24 October 2013 saa 06:10
Yasuwe :

Asanzwe amenyerewe cyane mu ndirimbo zitanga ubutumwa bunyuranye, ubu Senderi International Hit yashyize hanze indi ndirimbo noneho ivuga ku bafite ubumuga, aho avuga ko hari ibikorwa bakora birusha n’iby’abadafite ubumuga.
Muri iyi ndirimbo yitwa “Abafite Ubumuga Muri Nk’abandi”, Senderi agaruka kuri bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa abafite ubumuga bagiye bageraho.
Ati “Abafite ubumuga mukenyere icyizere mwitere umunezero muri nk’abandi. Mu mishinga ntimukahatangwe kandi ubukana (…)

Asanzwe amenyerewe cyane mu ndirimbo zitanga ubutumwa bunyuranye, ubu Senderi International Hit yashyize hanze indi ndirimbo noneho ivuga ku bafite ubumuga, aho avuga ko hari ibikorwa bakora birusha n’iby’abadafite ubumuga.

Umuhanzi Senderi International Hit

Muri iyi ndirimbo yitwa “Abafite Ubumuga Muri Nk’abandi”, Senderi agaruka kuri bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa abafite ubumuga bagiye bageraho.

Ati “Abafite ubumuga mukenyere icyizere mwitere umunezero muri nk’abandi. Mu mishinga ntimukahatangwe kandi ubukana bw’ubumuga ntibukabakome imbere. Kugira ubumuga si ukudashobora, nawe ubufite waba igisubizo ku bandi.”

Mu mashusho y’iyi ndirimbo, Senderi International Hit agaragazamo umwe mu bafite ubumuga wambitswe umudari ku rwego mpuzamahanga, akagaragazamo umwe mu bana wandikisha amano, akanagaragazamo umukinnyi w’amafilimi wamenyekanye cyane ku izina rya Nzovu wakunze kumuherekeza mu bitaramo bya Primus Guma Guma Super Star III.

Senderi aheruka gushyira hanze indirimbo “Ndi Umunyarwanda”, indirimbo yahise anasohorera amashusho.

Kanda Hano urebe iyo ndirimbo :

Umwe mu bafite ubumuga Senderi yerekana ko ashoboye
Uyu ni Umunyarwanda ufite ubumuga wambitswe umudari ku rwego mpuzamahanga mu mikino
Nzovu wamenyekanye cyane muri sinema, afite agacuma Senderi International Hit; aha hari muri PGGSS III
Senderi ari kuririmba muri PGGSS III, aha ni mu Karere ka Ngoma
Senderi asanzwe ari umuhanzi uririmba ku ngingo zinyuranye mu buzima; aha yari yatumye akanyamuneza kaba kose hagati ya Polisi n'abamotari

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages