00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Senderi yaba afite ikibazo kimutera gukora ibitavugwaho rumwe?

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 19 May 2014 saa 03:41
Yasuwe :

Amaze mu muziki imyaka irenga 15 akora umuziki, muri 2011 nibwo yatangiye gukora ibintu bitangaje mu muziki benshi bakabyishimira abandi bakanga kubitekerezaho cyane bavuga ko abikora abitewe n’ikibazo yifitemo . Mu myaka itatu amaze akora utu dukoryo, Senderi ngo afite impamvu ibimutera . Uyu muhanzi wamenyekanye cyane mu ndirimbo Nta cash na Jalousie, mu mpera z’umwaka wa 2011 nibwo yatangiye kujya mu itangazamakuru akavuga amagambo benshi bagatungurwa kugeza ubwo yatangiye kujya mu (…)

Amaze mu muziki imyaka irenga 15 akora umuziki, muri 2011 nibwo yatangiye gukora ibintu bitangaje mu muziki benshi bakabyishimira abandi bakanga kubitekerezaho cyane bavuga ko abikora abitewe n’ikibazo yifitemo . Mu myaka itatu amaze akora utu dukoryo, Senderi ngo afite impamvu ibimutera .

Mu gitaramo aherutse gukorera i Nyamagabe yaje yambaye nk'abafundi
Bwa mbere yinjira muri PGGSS3 yapfukamye hasi avuga isengesho ryari ryiganjemo gushwanyaguza amadayimoni .

Uyu muhanzi wamenyekanye cyane mu ndirimbo Nta cash na Jalousie, mu mpera z’umwaka wa 2011 nibwo yatangiye kujya mu itangazamakuru akavuga amagambo benshi bagatungurwa kugeza ubwo yatangiye kujya mu bitaramo no kugaragara mu ruhame afite imyitwarire idasanzwe benshi bakamwibazaho .

Azwiho gukora udukoryo twinshi

Umwaka wa 2012 ugitangira, Nzaramba Eric yahise ahindura amazina ye y’ubuhanzi ahita yiyita Senderi International Hit, ayandika ku myenda ye no ku modoka ye bwite . Uyu mwaka warangiye uyu muhanzi amaze kwigarurira imbaga y’abafana ari nabyo byamuharuriye inzira yo kwinjira mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya mbere mu ntangiriro za 2013 .

Nguwo Senderi kuri stade mu gitaramo . Muri 2012 na 2014 Godiyo ntiyazisigaga kandi akambara amabara y'amakipe menshi. Hejuru yambaraga Rayon Sports, ipantaro APR FC, amasogisi Kiyovu Sports inkweto Mukura FC .
Senderi yemeza ko Bralirwa yamaze guhinduka umubyeyi we .

Bimwe mu bintu bidasanzwe bikomeye kurusha ibindi Senderi yakoze mu myaka itatu ishize, harimo: Kujya mu bitaramo yambaye nk’abakinnyi ba ruhago kuva ku nkweto kugeza ku mutwe, gukora igitaramo akagaburira abafana bose imineke, kwambara nk’abagore ku munsi wabitiriwe ku isi, kudodesha imyenda mu mahema ya Primus , kugendanaahantu hose igikombe yegukanye muri Salax Awards n’ibindi bitandukanye.

Ibi yabikomoye ku bahanzi bo muri Amerika abona kuri televiziyo .
Mu mpera ya 2013 Senderi yaririmbiye mu cyahoze ari kaminuza y'u Rwanda yambaye nk'abaganga arangije arenzaho inkweto za godiyo

Mu kiganiro na IGIHE, Senderi twamubajije niba koko ibi bintu bidasanzwe akora abiterwa n’ikibazo yifitemo maze asubiza avuga ko byose yiyemeje kubikora amaze igihe yiyigaho ndetse akaba ahamya ko adateze kuzasubira inyuma mu gukora ibisetsa abantu .

Mu ntangiriro za 2012 Senderi yakoze agashya atangira kwiyerekana mu ruhame yambaye imyenda yanditseho amazina ye .
Ibyo akora byose ngo aba ashaka gushimisha abafana be ntabwo abiterwa n'ikindi kibazo .

Ati, “Entertainment bivuga gukora ikintu gishimisha abakubona, biriya mubona nkora byose ndabizi benshi babifata nko guta umutwe ariko njye Senderi mba nabitekerejeho byose . Uyu muziki tubamo ntabwo waryohera abantu gusa kuko bumvise amajwi yacu meza , oya, nta mpamvu yo kugera imbere y’abafana buri munsi umuhanzi ntabereke agashya. Indyo imwe irarambirana mwa bantu mwe ! Njye nabirebyeho nsanga ari ngomba kandi nzabikora kugeza mpaka”

Uyu muhanzi ngo byose abikora yabitekerejeho neza .

Senderi, yashimangiye ko ibi bintu bidasanzwe akora yabitewe no kureba uburyo abahanzi bo hanze babaho, uko bitwara imbere y’abafana kugira ngo babashimishe bityo na we aza gusanga agomba kwitwara nka bamwe mu bo yabonye mu mahanga .

Yafashe amahema ya Primus ayadodeshamo ipantaro ishati n'ingofero .

Ati, “Nkurikirana umuziki wo muri Amerika cyane. Nonese iyo mubonye Kanye West yambaye nka Yezu akaza imbere y’abafana mukeka ko aba atabitekerejeho? Lady Gaga ibyo akora mukeka ko bimugwirira? Ese muribuka ko Riderman muri Guma Guma y’ubushize yazaga yambaye nka Papa, ese yabiterwaga n’ubujiji? Oya. Nonese ntiyigeze kuza yambaye kasike(casquet) yayisudiriye ku mutwe i Muhanga? Ibyo byose mubona kimwe na ba bakobwa ngo ni Miley Cyrus byose si ubujije. Umuhanzi akwiye kurangwa n’udushya”

I Musanze Senderi yigeze kuza ku rubyiniro afite ingagi zinywa Primus .
Mu gitaramo cyo kumurika album ye Senderi yagabuye imineke ku bafana be bose muri Stade Cyasemakamba .

Senderi yaboneyeho umwanya wo gusaba abafana be by’umwihariko abakunda ibyo akora gukomeza kumushyigikira mu irushanwa rya Primus Guma Guma kugira ngo azabashe kwegukana igikombe .

Nyuma yo gutwara Salax Senderi agendana iki gikombe ahantu hose .
Senderi i Kabarondo yari yambaye nk'abamotari .

Ati, “Igikombe nzagihabwa n’abafana banjye, icyo nabasaba ni ugukomeza kuntora, ntabwo irushanwa ryoroshye ariko nizeye umufana wanjye kuko ni we twaruhanye .”

I Rusizi Senderi aherutse kuza kuririmba bamutwaye muri Frigo .
Ku munsi w'abagore uyu muhanzi yahisemo kwifatanya nabo yambaye nkabo .

REBA UKO IGITARAMO CYA PGGSS4 I KABARONDO CYAGENZE:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages