Uyu muhanzi uherutse kwiyita Mayweather mu kiganiro na IGIHE, yasobanuye ko kuva umwaka wa 2014 watangira ari we muhanzi ukora injyana ya Afrobeat wigaragaje neza ndetse agakora ibitaramo n’indirimbo bikwiye kongera kumuhesha iki gikombe.
Ngo ni we muhanzi rukumbi mu bakora Afrobeat utarigeze acika intege cyangwa ngo asubire inyuma mu bikorwa.
Aho bigeze, ngo ntagishaka kumva umuntu umugereranya n’abakeba be muri Afrobeat, Uncle Austin, Mico cyangwa Kamichi ngo kuko atari ku rwego rumwe na bo haba mu bikorwa, kuvugwa mu itangazamakuru, kwitabira amarushanwa ndetse no ‘kwerekana Hit’
Senderi ati “Kera mbabwira ko nshaka gutwara Salax Award benshi barapinze ngo ntacyo ndirimba ariko Imana yakojeje isoni abanzi n’abampaga urw’amenyo. Buri wese muri abo duhanganye azane ibikorwa bye turebe ko hari ukwiye kwigereranya nanjye. Salax igiye gutangwa kandi hazarebwa ibikorwa, muri bose nta wagerageje gukora nk’ibyanjye”
“Ntawe mpanganye na we, mfite ibikorwa biruta ibyabo, ubipinga azane ibye abafana bihitiremo”
Senderi wasohoye indirimbo nshya yise ‘Tekana’ ngo yayishyize hanze kugira ngo ace intege ‘umukeba we wese wari umaze kwegura umutwe, anabibutse ko ari we ukwiye kwegukana Salax Award muri Afrobeat’.
Ati “Mu izina rya Yesu, iyi ndirimbo ije guca intege no gusubiza mu bitotsi abakeba banjye bose. Uwari umaze kwegura umutwe amenye ko njye ntigeze mpumbya na gatoya, nibasubire mu bitotsi n’ubundi narabirukankije abandi bagira ubwoba barahunga bandeke nkomeze nisararange mu kibuga njyenyine”
Nubwo igihe cyo gutanga ibihembo bya Salax Awards kitaragera ngo Senderi amenye niba ari we ukwiye kongera guhabwa igihembo, ngo yifitiye icyizere ijana ku ijana ndetse ngo n’umuhanzi uzagerageza kukimutwara bazaba babiri.
Ati “Ntacyo bimbwiye, njye nzi neza ko igikombe ari icyanjye. Nta wundi wakozaho intoki cyangwa ngo akintware. N’uzagerageza kukintwara sinzamworohera, igikombe ni icyanjye, nibatuze nintwara nk’icumi ibisigaye nzabibarekera”
Yungamo ati “Nka Uncle Austin na Mico bo nabaziritse ahantu, mbafite ku kiziriko nzabazitura umunsi nzabishaka. Kamichi we yarampunze ntazanagaruka mu Rwanda naramuhahamuye, ubwose mpanganye na nde?”
Mu bikorwa ashingiraho avuga ko ari we ukwiriye kwegukana Salax Award uyu mwaka, ngo ni indirimbo yakoze muri 2014 zirimo Bugacya, Icyumvirizo, Umuvuduko, Icyuki n’izindi.
‘Tekana’ ngo ije guha gasopo uwari ufite amerwe yo kuzamutwara igikombe. Ati “Iyi ndirimbo irabaha gasopo, bose basubize amerwe mu isaho igikombe ni icyanjye”
UMVA ’TEKANA’ YA SENDERI HIT:



















TANGA IGITEKEREZO