00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Senderi yageze i Rusizi yambariye ipantaro munsi y’ikibuno anafata izina rishya

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 20 March 2015 saa 09:07
Yasuwe :

Eric Nzaramba Senderi International Hit 3D Harvard wongeyeho izina rishya rya Tuff Hit yahinduye imyambarire, imibereho n’imigirire ye kugira ngo akomeze yigaragaze nk’umuraperi wo muri Tuff Gang akaba ariyo mpamvu ngo yageze mu Mujyi wa Rusizi yambariye ipantaro munsi y’ikibuno.

Senderi wahamirije IGIHE ko ari we Perezida w’abanyadushya mu Rwanda ndetse akwiye kubera icyitegererezo benshi mu bahanzi bagitangira umuziki n’abamaze gushinga imizi, ngo yahisemo kwambarira ipantaro munsi y’ikibuno kugira ngo yerekane ko afite isura nshya mu muziki ndetse anashimangire ko ari umwe mu baraperi bagize Tuff Gang.

Senderi ufite igihembo cya Salax Award nka Best Afrobeat ngo ari muri Tuff Gang ku bw’umwuka naho ku bw’umubiri akaba muri Afrobeat, injyana avuga ko ayoboye.

Ati “Urabona i Rusizi nahageze nk’umwami w’udushya, ni njye Perezida w’udushya mu Rwanda. Ubihakana akore udushya twe Abanyarwanda bamurebe, ubu ndi umuraperi wo muri Tuff Gang, ndashimira Fireman, Green P bamaze kunyakira na Bull Dogg mugenzi we. Jay Polly na we ni umuvandimwe twakoranye indirimbo”

Asobanuye impamvu yahisemo kugera i Rusizi yambariye ipantaro munsi y’ikibuno, yagize ati “kuba nahisemo kwambara pocket down ni ukugira ngo nereke abafana banjye ko ndi umu Tuff Gang ariko nkaba nitwa Tuff Hit. Ntabwo nshyize imbere Tuff Gang ahubwo Tuff Hit ni yo iyoboye kandi igikombe tuzagitwara”

Uyu muhanzi na we ushimangira ko ari umwami w’udushya mu Rwanda ngo arashaka ko abaraperi bagenzi be barimo Riderman na Jay Polly bakangurira abafana babo kujya inyuma ya Senderi ngo ‘kuko ari we muhanzi w’icyerekezo’.

Ngo asigaye yambarira ipantaro munsi y'ikibuno agaragaza ko ari 'Tuff Hit'
Arereka ab'i Rusizi ko ari umuraperi
Ngo na we ni umu Tuff Gang mwene wabo wa Jay Polly
Nguwo Senderi akora pompages mu buriri
Ni ibyishimo bidasanzwe kuri Senderi wihaye izina rishya rya Tuff Hit
Akimara guhabwa uburyamo Senderi yavuze isengesho rihesha umugisha icyumba cye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages