Mu gitaramo cya PGGSS4 cyabereye mu mujyi wa Gicumbi umuhanzi Senderi International Hit yaje imbere y’abafana yambaye ikositimu n’igitebo cy’ibijumba ku mutwe agamije guha icyubahiro abahinzi bo muri aka karere.
Mu kiganiro Senderi yagiranye na IGIHE nyuma yo kuririmbira abafana be, yasobanuye ko impamvu nyamukuru yamuteye kwambara ikositimu na karavate yarangiza akikorera igitebo cy’ibijumba ngo yabikoze ashaka kwereka abahinzi ko abaha agaciro gakomeye.
Senderi International Hit usigaye wiyita Havard ati, “Ibintu byose nkora mba nabitekerejeho neza, nta kintu nkora mpubutse cyangwa ntatekereje neza. Nambaye Costume (ikositimu) , karavati n’urukweto ruhenze ndangije nikorera igitebo cy’ibijumba kugira ngo nereke abahinzi ba Gicumbi ko bafite agaciro”
Akomeza agira ati, “Buriya i Gicumbi hera ingano, ibijumba n’ibishyimbo, nerekanaga ko abahinzi b’i Gicumbi iyo bamaze gusarura babona amafaranga bakambara neza. Abahinzi bo mu Rwanda barasirimutse by’umwihariko ab’i Gisumbi umusaruro wabo ntibawupfusha ubusa ahubwo biyitaho”
Nubwo benshi banenga ibyo akora mu bitaramo, Senderi yasabye abahanzi bagenzi be mu Rwanda gukora uko bashoboye bagahanga udushya ntibahore biyereka abafana mu buryo bumwe.
Ati, “Erega ikibazo bamwe bagira, bareba udushya mba nakoze ntibarebe uko mba naririmbye kandi mba mfite abafana benshi. Ntabwo nerekana udushya gusa ahubwo mba ndanaririmba, nonese niba ntaririmba, irushanwa naryinjiyemo nte ko byasabaga kuririmba Live ukerekana ko ushoboye? Ahubwo abahanzi bacu nibige guhanga udushya”



















TANGA IGITEKEREZO