Niyibikora Safi, umwe mu basore babarizwa mu itsinda rya Urban Boys, aratangaza ko mu minsi mike amaze i Dubai, ahigiye byinshi byafasha bagenzi be mu bikorwa bigendanye n’ubuhanzi.
Uyu musore uherutse gusaba ko abamuhamagara bajya banashyira Madiba ku izina rye, avuga ko icy’ingenzi yabashije kubona ari uko Dubai habereye kuhafatira amashusho y’indirimbo.
Safi Madiba ati: “Nabonye ahantu heza ho gufatira amashusho y’indirimbo, uwahageza abahanzi bose bo mu Rwanda, mu Rwanda ni heza ariko ni hato, urebye ahantu hose abantu baba barahakoreye nta hantu hashya hahari, inaha (Dubai) ho ni heza, hari ikirere cyiza habereye amashusho.”
Mu kiganiro n’umunyamakuru wa IGIHE, Safi yavuze ko ashingiye kuri byinshi yabonye i Dubai, hari byinshi we na Urban Boys bashobora kuhakorera mu minsi iri imbere harimo no kuba bahafatira amashusho y’ indirimbo zabo.
Safi yagiye i Dubayi ku cyumweru tariki ya 9 Gashyantare 2014, avuga ko ari mu rwego rwo gutembera no kuruhuka mu mutwe, avuga ko ashobora kuza mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 gashyantare 2014.


















TANGA IGITEKEREZO