Umuraperikazi Young Grace nyuma yo kubona uburemere by’ibyo aherutse gutangaza ndetse benshi bakamufata nk’umusambanyi, yicishije bugufi asaba Imana imbabazi, Abanyarwanda bose, abafana ndetse n’umuryango we by’umwihariko .
Mu minsi mike ishize, Young Grace yavuzweho kuba ari umutinganyi, Radio Salus yegereye uyu mukobwa imubaza niba koko mu buzima bwe ashimishwa no kuba mu rukundo n’abakobwa bagenzi be, abihakanira kure ndetse avuga ko afite umusore bakundana bamaranye imyaka ine witwa Ntwari Army .
Uyu mukobwa yanavuze ko uretse gukundana n’uyu musore banacishamo bagatera akabariro . Amaze gutangaza aya magambo kuri Radiyo, benshi bahise bamufata nk’umusambanyi ukomeye , utanaterwa isoni no kubivugira mu ruhame .
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Young Grace yatangaje ko ibyo yavugiye kuri Radiyo Salus ko asanzwe asambana n’uyu musore ngo yabeshye Abanyarwanda bimuteranya n’ababyeyi ndetse n’abafana bamufata nk’ikirara . Young Grace yemeza ko yabivuze mu rwego rwo kwikuraho urubwa bamusiga ko aryamana n’abo bahuje ibitsina .
Ati, “Narabivuze pe, ariko nabitekerejeho nyuma nsanga narabitewe n’ubwana . Byanteranyije n’umuryango wanjye, Abanyarwanda bamfata nk’ikirara kandi nkora icyaha cyo kubeshya . Nabitewe n’ibyishimo nari mfite nganira n’umunyamakuru ariko nsabye imbabazi pe, nahemukiye Imana kandi n’abanyumvise mbivuga mu ruhame mbasabye Imbabazi”
Akomeza agira ati, “Oya, ntabwo nasambanye n’uwo musore nabivuze mpubutse bya cyana kandi nsabye imbabazi . Nakoreye ikosa Abanyarwanda, abafana n’umuryango wanjye”
Uyu mukobwa yemeza ko kuba yaravugiye aya magambo mu ruhame abwira abantu ko atera akabariro ari ikosa yakoze atabitekerejeho neza bityo akaba yiseguye ku bantu bose bamufashe uko atari . By’umwihariko, Young Grace yasabiye imbabazi mu ruhame ababyeyi be bababajwe bidasubirwaho n’amagambo uyu mwana yavugiye kuri radiyo .



















TANGA IGITEKEREZO