00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aba-Djs barangajwe imbere na Blue Aiva wo muri Afurika y’Epfo bashimishije abanya-Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 29 June 2025 saa 06:41
Yasuwe :

Abavanga imiziki batandukanye mu Mujyi wa Kigali, bahuriye mu gitaramo gikomeye cyari cyitabiriwe n’abakunzi b’umuziki, basozaga icyumweru bacinya akadiho ababishoboye barenzaho na ka manyinya.

Ni mu gitaramo cyabereye muri Zaria Court ku wa 28 Kamena 2025. Iki gitaramo cyasusurukijwe n’abavanga imiziki bo mu Rwanda no hanze yarwo.

Ni igitaramo cyari gifite umwihariko w’uko cyacuranzwemo n’abakobwa gusa. Cyari cyiswe “Improper Access” cyabaga ku nshuro ya kabiri.

Mu basusurukije abitabiriye bakomoka mu Rwanda harimo DJ Niny uri mu bakobwa bagezweho mu bitaramo bitandukanye n’utubyiniro na DJ Higa umaze kubaka izina muri uyu mwuga.

Aba bakobwa bishimiwe mu bihangano bitandukanye bacuranze birimo indirimbo zo mu Rwanda zigezweho yaba muri Hip Hop na Afrobeat, ndetse n’izo mu mahanga ziganjemo iz’abanya-Nigeria, Tanzania ndetse na Afurika y’Epfo mu ‘Amapiano’ aharawe cyane muri iki gihe.

Nyuma yabo Etania ukomoka muri Uganda nawe yahawe umwanya yiyereka abari bitabiriye, uyu mukobwa wanyuzagamo agakaraga umubyimba nawe yashimishije benshi ku buryo yavuye ku rubyiniro ubona abitabiriye banyuzwe.

Yakorewe mu ngata n’Umunyamakuru ubifatanya no kuvanga imiziki muri Afurika y’Epfo, Blue Aiva.

Blue Aiva yageze ku rubyiniro amasaha amaze kwicuma ndetse yambukiranyije umunsi ari gucurangira abitabiriye bari bizihiwe.

Uyu mukobwa uzwiho ubuhanga buhambaye yazanye n’ababyinnyi ku rubyiniro bamufashaga gushimisha abitabiriye, akanyuzamo akabaza abanya-Kigali niba biteguye kubyina. Abandi nabo bakamubwira ko nta kabuza barajyana nawe, kugeza avuye ku rubyiniro.

Uyu mukobwa yazengurukije imigabane itandukanye, abitabiriye iki gitaramo yifashishije umuziki, ndetse byatumye yishimirwa by’agahebuzo, atuma benshi batahana akanyamuneza ku maso.

Iki gitaramo cyayobowe na Zuba Mutesi uri mu bakobwa bamaze kwigarurira benshi mu kuyobora ibitaramo, afatanyije na Miss Muyango Uwase Claudine.

Tebatso Mokoana wubatse izina nka Blue Aiva wari watumiwe muri iki gitaramo, ni umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko. Ni umwe mu bagezweho cyane muri Afurika y’Epfo bitewe n’ubuhanga bwe mu kubyina no kuvanga imiziki ahuza bikanyura abatari bake.

Izina rye ryarushijeho kuvugwa cyane mu 2023 ubwo yitabiraga irushanwa rya ‘Big Brother Titans’.

Improper Access yari yatumiwemo ni ibitaramo ngarukamwaka bitegurwa na sosiyete ya ‘Blackout Inc.’ Igiheruka ni icyabereye muri Kigali Universe muri Kanama 2024. Cyagaragayemo Etania, Dope Caesar wo muri Nigeria, DJ Brianne, DJ Sonia, DJ Senshi na DJ Alida bo mu Rwanda.

Zuba Mutesi na Blue Aiva basusurutsa abari bitabiriye
Zuba Mutesi yasanze DJ Higa Sharon ku rubyiniro bafatanya gushimisha abari bitabiriye
Zaria Court ni inyubako yubatswe na Masai Ujili utegura Giants of Africa Festival, iheruka kuzura i Kigali. Iyi nzu izajya iberamo ibijyanye n'imyidagaduro
Etania yacuranze indirimbo zitandukanye zigezweho
Iki gitaramo cyasojwe mu masaha y'igicuku
Etania yacurangiye abanya-Kigali biratinda
Umunya-Afurika y'Epfo Blue Aiva wamenyekanye muri ‘Big Brother Titans’ ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye
DJ Niny amaze igihe gito atangiye ibyo kuvanga imiziki
DJ Niny ni umwe mu bakobwa bagezweho i Kigali
DJ Niny uri mu bakobwa bagezweho i Kigali na Zuba wari uyoboye iki gitaramo banyuzagamo bakabyina
Etania uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wa Uganda yasusukije abanya-Kigali mu ndirimbo zitandukanye
DJ Higa Sharon ni umwe mu basusurukije abitabiriye iki gitaramo
Blue Aiva yari ataramiye i Kigali ku nshuro ye ya mbere
Blue Aiva na Zuba Mutesi basusurutsa abitabiriye iki gitaramo
Blue Aiva yari umushyitsi mukuru muri iki gitaramo
Abantu batandukanye bari bitabiriye iki gitaramo
Abitabiriye basusukijwe n'ababyinnyi

Amafoto: Rusa Willy Prince


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages