Abahanzi biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda-NUR bahuriye mu ndirimbo bise “Ceka Umuziki” bagamije kwerekana ubumwe bafitanye muri muzika nyuma y’amasomo yabo.
Kaminuza nkuru y’u Rwanda kuri ubu ifite abahanzi bazwi barimo G-Bruce The Teacher, Ghisley, Queen cha n’abandi bumvikana muri iyi ndirimbo “Ceka umuziki” nka Jadizzo, Gangstar fem, Quizmasters, Boniburanga na Neto Neto.
Abakunzi b’umuziki muri iki gihe banenga bikomeye kuba nta bahanzi bakomeye bakiva muri iyi Kaminuza nk’uko byahoze kubwa ba Tom Close, Dream Boyz, Liza Kamikazi, Miss Jojo n’abandi.
Gusa aba bahanzi bo bavuga ko bahagurutse kugira ngo bagarure uyu muco.
Umva indirimbo Ceka Umuziki:



















TANGA IGITEKEREZO