Umukobwa uzwi ku izina Aline, ugaragara mu ndirimbo Bagupfusha Ubusa n’izindi, arahakana amakuru yashyizwe ku rubuga rwa Facebook, yanatambutse ku maradiyo avuga ko yaba yapfuye kuri uyu wa Gatandatu bivugwa ko yakuragamo inda.
Aya makuru yakwirakwijwe cyane cyane n’abantu bakorera kuri za Facebook bivugwa ko umukobwa witwa Claudine yapfuye; bavuga ko ari nawe ugaragara mu mashusho y’indirimbo “Bagupfusha Ubusa”.
IGIHE twagerageje kuvugana na bamwe mu bakwirakwije aya makuru kuri Facebook nuko batubwira ko ngo ari inshuti y’umuhungu w’inshuti y’uwo mukobwa ngo wabitangaje mbere.
Aline ugaragazwa akanavugwaho ko yapfuye, ubwo yaganiraga na IGIHE yagize ati: “Abantu bakomeje kumpamagara ari benshi ndetse nkomeje kumva amakuru avuga ko napfuye, ariko sibyo; ndi muzima rwose ntacyo nabaye, n’ubu ndi mu rugo nta kibazo”.
Uyu mukobwa ni umwe mu bakobwa bazwi muri Showbizz ya hano mu Rwanda bitewe no kugaragara mu mashusho ya zimwe mu ndirimbo z’abahanzi bakunzwe nka Bruce Melodie mu indirimbo “Tubivemo”, “Arambona Agaseka” "Reka Mpfukame" ya Urban Boyz n’izindi
Indirimbo Tubivemo igaragaramo Aline



















TANGA IGITEKEREZO