Uyu muhanzi umaze iminsi mike ashyize hanze indirimbo nshya yise “Sowe”, yabwiye Isibo FM ko ubwo yari amaze gukorana indirimbo na Shaggy, yashatse uburyo yagera no ku bantu bumva Igifaransa ngo bamufashe gushyira indirimbo ye muri uru rurimi ruvugwa n’abarenga miliyoni 321.
Ati “Ziggy ni we wadufashishije guhindura iriya ndirimbo ayishyira mu Gifaransa. Nabonaga ko abantu bavuga Igifaransa na bo tubakeneye, ndavuga nti reka niyambaze umuntu w’umuhanzi adufashe.”
“Ndamushimira cyane, Ziggy 55 ni umuntu udasanzwe yankoreye akazi gakomeye. Buriya umuntu najya agira icyo agukorera, ujye umuzirikana, hari abantu bakora ibintu bikomeye muri uru ruganda tutajya tubona umwanya wo kuvuga no guha ibibakwiriye.”
Bruce Melodie yahishuye ko ubwo Ziggy 55 yakoraga aka kazi, byabaye aba bahanzi batari kumwe dore ko Bruce yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Bruce yakomeje avuga ko nubwo atari mwiza mu kuvuga Igifaransa, uko yakiririmbye yabitojwe na Ziggy 55, wamukosoraga kuri buri jambo ndetse akamubwira n’uko barivuga.
Bruce Melodie ari mu myiteguro y’urugendo rwo kumenyekanisha indirimbo “Sowe” muri Afurika. Ni urugendo yagombaga gutangirira muri Kenya gusa bishobora guhinduka bitewe n’ikibazo cy’imyigaragambyo iri muri icyo gihugu.
Umva “Sowe” indirimbo nshya ya Bruce Melodie
Umva “Quand Elle Est Là” ya Bruce Melodie



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!