00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amashusho y’indirimbo “Kanda amazi” yageze hanze nyuma yo kuvugwa byinshi

Yanditswe na

Joel Rutaganda

Kuya 14 June 2013 saa 11:25
Yasuwe :

Nyuma y’aho indirimbo “Kanda amazi” ivuzweho na benshi ko yaba yariganywe ‘gushishurwa’ ku ndirimbo ‘Imitobe’ yakozwe na Two 4real, ndetse ikanakorerwa amashusho na producer Meddy Saleh kandi igitekerezo cyo kuyikora cyaravuye kuri producer Ma-Riva nawe ukora amashusho, kuri ubu amashusho yayo yageze hanze.
Aganira na IGIHE, Platini umwe mu bagize itsinda rya Dream boys ndetse wanaririmbye muri iyo ndirimbo yagize ati: “Icya mbere ni ugutanga ubutumwa bufite icyo bufasha sosiyete (…)

Nyuma y’aho indirimbo “Kanda amazi” ivuzweho na benshi ko yaba yariganywe ‘gushishurwa’ ku ndirimbo ‘Imitobe’ yakozwe na Two 4real, ndetse ikanakorerwa amashusho na producer Meddy Saleh kandi igitekerezo cyo kuyikora cyaravuye kuri producer Ma-Riva nawe ukora amashusho, kuri ubu amashusho yayo yageze hanze.

Aganira na IGIHE, Platini umwe mu bagize itsinda rya Dream boys ndetse wanaririmbye muri iyo ndirimbo yagize ati: “Icya mbere ni ugutanga ubutumwa bufite icyo bufasha sosiyete nyarwanda, naho ibyo kuvuga ko indirimbo yashishuwe byo ntabyo nzi. Kuko ikosa ryabaye ni umwe watuzaniye igitekerezo cyo gukora iyo ndirimbo kandi azi ko yamaze kugitanga ahandi, bityo rero bituma havugwa byinshi kuri iyo ndirimbo”.

Kuri ubu abamaze kureba ayo mashusho bemeza ko afite ubusobanuro bijyanye n’ubutumwa buri mu ndirimbo.

Platini wo muri Dream Boys

Reba amashusho y’indirimbo "Kanda amazi".


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages