Auddy Kelly umwe mu bahanzi baririmba indirimbo z’umuco gakondo, ndetse akaba azwiho no kuririmba by’umwimerere “live”, ku itariki ya 18 Mata 2013 nibwo yerekeje mu mudugudu wa Rugenge, Akagali ka Rugenge, Umurenge wa Muhima, aherekejwe n’itsinda ry’abakunzi b’ibihangano bye bafasha urugo rwa Uwimbabazi Deborah umupfakazi wasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bamuha imifuka 4 y’amakara yo gucuruza, umuceri, ibishyimbo, isukari, ndetse n’ifu y’igikoma .
Aganira na IGIHE, Auddy Kelly yagize ati: “ Ndashimira Imana cyane kuba yamfashije nkasoza umugambi nari maze igihe mfite k’umutima wanjye, kandi nashimira abakunzi b’ibihangano byanjye bamfashije kugera kuri iki gikorwa”.
Auddy Kelly yakomeje avuga ko Imana nimufasha iki gikorwa azajya agikora uko abonye ubushobozi.
Amwe mu mafoto yaranze icyo gikorwa



















TANGA IGITEKEREZO