Bruce Melodie umuhanzi umaze kwigaragaza cyane mu njyana ya R&B, kuri ubu yaba amaze kugirana amasezerano angina n’umwaka akorana n’inzu itunganya ibihangano “Studio” yitwa “Super Level”. Kimwe mu byatumye Bruce Melodie yerekeza muri iyo studio, ni uko ashaka kurushaho gukorana n’abahanzi benshi bakorera muri “Super Level”.
Aganira na IGIHE, Melodie yagize ati: “Imwe mu mpamvu yatumye ngirana amasezerano angina n’igihe cy’umwaka na studio ya “Super Level”, ni uko nshaka kwagura ibihangano byanjye kandi nkanarushaho guha abakunzi banjye ibintu bifite ireme, ntibivuze ko aho nakoreraga hari icyo nababuranye, oya rwose ni uko nshaka kuba nakorera ahandi”.
Bruce Melodie, nta studio bari bafitanye amasezerano.
Umva indirimbo "Ndarangisha" ya Bruce Melodie.



















TANGA IGITEKEREZO