Recording Academy itegura ikanatanga ibi bihembo, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangaje urutonde rw’abahanzi bazatarama mu birori bizatangirwamo Grammy Awards.
Muri aba bahanzi hagaragayemo Burna Boy, ugiye kuba umunyafurika wa mbere ubigezeho, nyuma y’imyaka isaga 60 abahanzi bo kuri uyu mugabane batangiye kwegukana ibi bihembo.
Burna Boy azafatanya n’abahanzi bakomeye mu muziki w’Isi barimo, Billie Eilish, Dua Lipa, Luke Combs, Travis Scott, na Olivia Rodrigo.
Burna Boy ahatanye mu byiciro bine birimo ‘Best Global Music Album’; ‘Best Melodic Rap Performance’; ‘Best African Music Performance’; ‘Best Global Music Performance’ muri ibi bihembo bizatangwa tariki 4 Gashyantare 2024 muri Crypto Arena muri Leta ya California.
Uyu muhanzi ni umwe mu bahanzi bo kuri uyu mugabane, bahatanye muri ibi bihembo inshuro nyinshi kuko amaze guhatana inshuro 10, yegukana igihembo kimwe mu 2021 nk’uko urubuga rwa Grammy rubitangaza.
Muri ibyo byiciro ahatanye n’abahanzi barimo Davido uhatanye mu byiciro bitatu, ndetse na Asake Tyla na Ayra Star bahatanye bwa mbere muri ibi bihembo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!