00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Céline Dion arwaye indwara ifata mu bwonko

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 8 December 2022 saa 06:45
Yasuwe :

Umuririmbyikazi ukomoka muri Canada, Céline Marie Claudette Dion yatangaje ko arwaye indwara ifata mu bwonko, ituma ataririmba nk’uko byahoze.

Iyi ndwara ifata mu bice by’ubwonko bw’umutu ndetse no mu rutirigongo, bigatuma atabasha kuvuga cyangwa kugenda.

Ni itangazo rije nyuma y’uko uyu muhanzikazi w’imyaka 54 yari ari kwitegura igitaramo cyo kuzenguruka u Burayi ataramira abakunzi be.

Mu butumwa bw’amashusho uyu muhanzikazi yanyujije ku mbuga nkoranyamabaga, yavuze ko yari amaze iminsi atameze neza, ubwo rimwe na rimwe yananirwaga kuvuga neza no kugenda, bamusuzuma bagasanga ari iyi ndwara ifata ubwonko afite.

Céline Dion yijeje abakunzi be ko hamwe n’itsinda ry’abaganga bari kumwitaho azongera kugaruka akabaririmbira cyane ko abakumbuye.

Yagize ati “Ndabakumbuye cyane mwese, nkumbuye kubabona ndi kubaririmbira; buri gihe mbaha ibyo nshoboye byose iyo ndi kuririmba ariko ubu sinzi ko nzabishobora kubaha byose.”

Yakomeje agira ati “ Ndi hamwe n’abaganga banyitaho buri munsi kugira ngo nzabashe kongera kubaririmba nkuko byahoze ariko ni intambara itoroshye.”

Mu ndirimbo z’uyu muhanzi zakunzwe harimo iyitwa "My heart will go on", "It’s all coming to me now", "I am alive", "The power of love" n’izindi.

Céline Marie Claudette Dion ari gukurikiranwa n'abaganga kubera indwara ifata mu bwonko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages