Ni inkuru yari imaze iminsi igarukwaho cyane n’abantu baba mu myidagaduro umunsi ku wundi, bavuga ko Chriss Eazy ari umwe mu bahanzi, 1.55 AM ihanze amaso muri iki gihe.
Hari abavugaga ko abashinzwe gushaka abahanzi muri iyo nzu baba baregereye Chriss Eazy, ibiganiro bikaba bigeze kure mu ibanga rikomeye.
Ubwo Chriss Eazy yaganiraga n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatany, yakomoje ku bimaze iminsi bivugwa, ashimangira ko amakuru yo kuva muri Giti Business Group ya Junior Giti atari yo.
Ati “Navuga ko umukire cyangwa undi muntu ufite ubushobozi wampanga amaso, byaba ari ibintu byiza, gusa kuba hari ushaka kumvana aho ndi, ibyo ntabwo aribyo, ariko n’uzaza nizeye ko azareba abo turi kumwe n’ibyo turi gukora akongeramo imbaraga.”
Ku ruhande rw’iyi sosiyete ya 1.55 AM, iherutse gutangaza ko bageze kure umushinga wo gusinyisha abahanzi bashya, baza basanga Bruce Melodie, Element na Ross Kana.
Mu buhanzi bashyirwa mu majwi ko bashobora gusinyishwa na 1.55 AM, harimo Kenny Sol, Chriss Eazy, Kevin Kade, Yampano n’abandi bitezweho kuzamura ibendera ry’umuziki nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!