Christopher wamenyekanye cyane ku ndirimbo “ Iri joro”, nyuma akaza gukora indirimbo nyinshi zagiye zikundwa harimo: “ Uwo munsi, Uwo ninde, Habona, Byanze”, ndetse n’izindi yagiye akorana n’abahanzi batandukanye. Kuri ubu yaba yashyize hanze indirimbo nshya yise “Birahagije” avuga ko ari indirimbo ifite byinshi izamufasha mu irushanwa rya PGGSSIII.
Aganira na IGIHE, Christopher yagize ati: “ Ntabwo byoroshye mu irushanwa nkaririya kuvuga ko ari wowe uzaryegukana, gusa bisaba uburyo bwinshi ugomba gukora kugira ngo uhindure imitima ya bamwe barusheho kukwiyumvamo, niyo mpamvu rero numva mfite byinshi nzerekana batari banziho”.
Christopher ni umuhanzi umaze imyaka igera kuri ibiri amenyekanye ariko akaba yaragiriwe icyizere cyo kwitabira irushanwa rya PGGSSIII ku nshuro ye ya mbere.
Umva indirimbo nshya ya Christopher " Birahagije".



















TANGA IGITEKEREZO