00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Emmy Payton yagejejwe imbere ya Parike

Yanditswe na

Joel Rutaganda

Kuya 5 June 2013 saa 02:15
Yasuwe :

Nyuma y’aho Emmanuel Itangishaka uzwi cyane ku izina rya Emmy Paytony ashyikirijwe inzego zishinzwe umutekano akekwaho ubufatanya cyaha k’urupfu rw’ umusore wari uzwi ku izina rya Muzungu, Payton yagiye imbere ya Parike.
Kuri uyu wa mbere taliki ya 3 Kamena 2013 nibwo yagejejwe imbere y’ ubushinjacyaha, mu rwego rwo kumumenyesha ibyo arengwa no kugira ibisobanuro atanga kuri iki cyaha. Nyuma y’ aho Parike yaje gusanga ikirego cye gikwiye koherezwa mu Rukiko rukuru rwa Gasabo ruri i (…)

Nyuma y’aho Emmanuel Itangishaka uzwi cyane ku izina rya Emmy Paytony ashyikirijwe inzego zishinzwe umutekano akekwaho ubufatanya cyaha k’urupfu rw’ umusore wari uzwi ku izina rya Muzungu, Payton yagiye imbere ya Parike.

Kuri uyu wa mbere taliki ya 3 Kamena 2013 nibwo yagejejwe imbere y’ ubushinjacyaha, mu rwego rwo kumumenyesha ibyo arengwa no kugira ibisobanuro atanga kuri iki cyaha. Nyuma y’ aho Parike yaje gusanga ikirego cye gikwiye koherezwa mu Rukiko rukuru rwa Gasabo ruri i Rusororo ari naho uyu musore afungiye kugeza ubu.

Iri bazwa ryabereye mu muhezo, ariko amakuru dukesha bamwe mu bashoboye kugira icyo bamenya ni uko bagarutse ku mubano yari afitanye na Nyakwigendera Muzungu, ndetse n’ igihe baherukanira n’uburyo baje gutandukana.

Ikindi cyabajijwe ni ubutumwa buvugwa ko yandikiye umuraperi Green P, ariko Payton we asubiza ko atigeze avuga ijambo “Umuginga”, ahubwo ko yavuze ijambo “Umuniga.”

Turabamenyeshako iyi nkuru tuzajya tuyibakurikiranira kuri buri mpinduka izajya igira.

Uyu ni Muzungu wishwe.
Emmy Payton ufunzwe akekwaho kugambanira Muzungu.

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages