00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gabrielle Union yakuriye ingofero umuhanzikazi Tems

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 21 February 2023 saa 01:51
Yasuwe :

Umukinnyi wa filime Gabrielle Union wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanyuzwe n’uko Tems yitwaye ku rubyiniro ubwo yataramiraga abitabiriye umukino wa ‘NBA All-Star Game’ wabaye tariki 19 Gashyantare 2023.

Gabrielle Union wakunzwe muri filime ‘Think like a man’, mu mashusho yaciye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje ko yishimiye ubuhanga bw’uyu muhanzikazi wo muri Nigeria yise umwamikazi, nyuma yo guhura nawe avuye ku rubyiniro.

Ati “Tems ni umwe wenyine ubaho, uyu ni umwamikazi.”

Uyu muhanzikazi Temilade Openiyi (Tems), kuva yatangira kugaragara mu ruganda rwa muzika mu 2020, ibyamamare bizwi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo Snoop Dog, bikomeje kugaragaza ko bishimiye impano y’uyu mukobwa, uherutse no gutwara igihembo cya ‘Grammy Awards’ ya 2022.

Tems ni umuhanzikazi w’imyaka 27, yavutse tariki 17 Kamena 1995 mu mujyi wa Lagos muri Nigeria.

Yamenyekanye ku ndirimbo zakunzwe cyane zirimo Crazy things, Free mind, Essence, Higher n’izindi.

Abahanzi bo muri Nigeria barimo Burna Boy na Rema, nabo bari mu bataramiye abitabiriye umukino wa ‘NBA All-Star Game’.

Umukinnyi wa filime Grabielle Union yakunze imiririmbire ya Tems wo muri Nigeria
Tems amaze kwigarurira imitima ya benshi kubera ubuhanga bwe mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages