Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, ubwo yari abajijwe icyo ateganyiriza abakunzi be, nyuma yo gushyira hanze indirimbo yise ‘Ku Mutima’.
Ati “Icya mbere ndi gukora kuri album yanjye nshya. Ikindi mfite na album ndi gutegurana n’undi muhanzi ntatangaza amazina kuri ubu.”
Uyu muhanzi yanavuze ko nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye iheruka, ubu ari kwitegura kuzashyira hanze indi mu Ukwakira 2025, kuko ashaka gukorera ku muvuduko wo hejuru mu muziki.
Ati “Abakunzi banjye nagiye mbicisha irungu, ubu ni cyo gihe ngo babone ko bishoboka ko nabamara inyota nkajya mbaha ibihangano ubutitsa.”
Gisa kuri ubu ari hanze y’u Rwanda, na ho akaba yaragiyeyo mu bikorwa birimo n’ibya muzika.
Reba indirimbo nshya ya Gisa



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!