00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hafashwe barindwi bakekwaho kwica umuraperi AKA

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 28 February 2024 saa 03:42
Yasuwe :

Abantu barindwi batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho uruhare mu rupfu rw’umuraperi Kiernan Forbes wamamaye nka AKA muri Afurika y’Epfo.

AKA n’inshuti ye Tibz Motshoane barashwe muri Gashyantare 2023 barasiwe muri restaurant mu mujyi wa Durban muri Afurika y’Epfo.

BBC yanditse ko abarashe AKA n’inshuti ye bari bishyuwe ariko ntabwo Polisi yagaragaje impamvu bishyuriwe kwica AKA.

Biteganyijwe ko abatawe muri yombi bazagezwa mu rukiko ku wa Kane tariki 29 Gashyantare 20204.

Umuyobozi wa Polisi yo mu mujyi wa kwa Zulu-Nathal, Lt Gen Nhlanhla Mkhwanazi mu itangazo ryasohotse ku wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024, yasobanuye ko AKA yarashwe bamwiteguye kuva ku Kibuga cy’indege kugeza aho yarasiwe.

Icyakora Tibz bari kumwe we ngo yabigendeyemo kuko kuko atari muri gahunda yo kuraswa.

Muri iryo tangazo rya polisi risobanura ko hari uwaherekeje AKA kuva ku kibuga cy’indege, uwatanze imbunda yamurashe n’uwari inyuma y’icyo gikorwa cyo kumurasa.

Bamwe muri abo barindwi bafashwe, polisi yasanze hari ubundi bwicanyi bakurikiranyweho bakoze mu bihe bitandukanye.

Hatangajwe ko ifatwa ry’abo bantu ryaturutse ku mashusho yafashwe na camera zo ku nyubako.

AKA yarasiwe muri Afurika y'Epfo muri Gashyantare 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages