00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Icyamamare Christina Aguilera yitezwe i Kigali mu Rwanda

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 26 June 2013 saa 11:13
Yasuwe :

Icyamamare mu muziki no mu biganiro ku ma televiziyo, Christina Aguilera, biteganijwe ko aba ari i Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 26 Kamena 2013.
Aje mu butembere aho anateganya kugaragara mu bikorwa by’urukundo nyuma y’urugendo yagiriraga i Amsterdam mu Buholandi.
Christina Aguilera, usanzwe ahagarariye (ambassadrice) Ishami ry’Umuryango wita ku Biribwa (World Food Program) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Muri izi ngendo ari kumwe n’umukunzi we Matthew Rutler.
Urubuga (…)

Icyamamare mu muziki no mu biganiro ku ma televiziyo, Christina Aguilera, biteganijwe ko aba ari i Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 26 Kamena 2013.

Aje mu butembere aho anateganya kugaragara mu bikorwa by’urukundo nyuma y’urugendo yagiriraga i Amsterdam mu Buholandi.

Christina Aguilera, usanzwe ahagarariye (ambassadrice) Ishami ry’Umuryango wita ku Biribwa (World Food Program) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Muri izi ngendo ari kumwe n’umukunzi we Matthew Rutler.

Urubuga christina-news.net, rwagaragaje amwe mu mafoto y’iki cyamamare hamwe n’uyu mukunzi we Matthew bari mu ndenge, aho batangarije ko bari kujya muri Amsterdam.

Mu 2010, Christina Aguilera yasuye igihugu cya Haïti, nk’intumwa y’Umuryango w’Abibumbye.

U Rwanda rukunze gusurwa n’ibyamamare mu bikorwa binyuranye by’urukundo; harimo nka Jordan Sparks, Solange Knowless, Angelina Jolie n’abandi.

Zimwe mu ndirimbo Christina Aguilera aheruka gusohora ziri kubica bigacika:

Christina n'umukunzi we Matthew
Mbere yo kuza mu Rwanda, Christina Aguilera yabanje guca i Amsterdam, aha yari ari gutembera n'umukunzi we Mathew

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages