Abinyujije kuri X, Meek Mill yisubiyeho ku magambo aherutse gutangaza abaza niba muri Afurika y’Epfo na Nigeria bajya bumva umuziki wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Icyo gihe Meek yari yabajije ati “Ese buriya abantu benshi bajya bakina umuziki wanjye muri Afurika y’Epfo, ndibuka nkorerayo igitaramo mu myaka mike ishize. Ni gute mwese mwumva umuziki wacu muri Afurika y’Epfo, mukoresha uruhe rubuga, cyangwa muri Nigeria?”
Uyu muraperi uri mu bamaze igihe mu muziki, agishyira hanze ubu butumwa, bamwe mu Banyafurika bakoresha urubuga rwa X, bamwibasiye, bamushinja gusuzugura Umugabane wa Afurika n’Abanyafurika muri rusange.
Nyuma yo kwibasirwa, Meek Mill yisubiyeho ku magambo yatangaje, asobanura ko yashakaga kumenya uburyo abantu bumva bakanakina imiziki ye muri Afurika kuko abayisakaza iwabo, bamubwiraga ko badafite uburenganzira bwo kuyisakaza kuri uyu Mugabane.
Yagize ati “Narindi kubaza uburyo bumva imiziki yanjye muri Afurika, ndashaka gukurikirana ubucuruzi bwanjye. Nta n’umwe mu bo dufitanye amasezerano uvuga ko afite uburenganzira bwo kuyisakaza kuri uwo mugabane.”
Uyu muraperi w’imyaka 36 yakomeje avuga ko yifuza gukurikirana uburyo umuziki we ubyara amafaranga, ko atari azi imbuga muri Afurika y’Epfo bakoresha bakina umuziki akora.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!