Abategura amarushanwa ya Nyampinga w’Isi 2013, basabwe ko kuri iyi nshuro hakurwamo igice cyo kwigaragaza kwa ba nyampinga bambaye utwambaro tw’imbere ’bikini’, bitewe n’uko azabera muri Indoneziya, igihugu kiri mu bya mbere ku Isi bigendera ku mahame n’imyemerere y’idini rya Islam.
Julia Morley, ukuriye itorwa rya nyampinga w’isi yasabye abakobwa bagera ku 137 bazitabira iri rushanwa kwambara imyambaro ikoreshwa cyane muri iki gihugu cy’abayisilamu cyemerewe gukorerwamo aya marushanwa kuri iyi nshuro.
Ibi byatangajwe nyuma y’uko inzego zitandukanye muri iki gihugu zikemanga byinshi kuri iri rushanwa.
Umuhanzi Lady Gaga aheruka kuvanwa ku rubyiniro ubwo yari mu gitaramo muri iki gihugu anengwa kuririmba yambaye imyenda bise iy’ishitani.
Tariki ya 28 Nzeri nibwo hazamenyekana uzaba Nyampinga w’isi.
Kuri iyi nshuro ntihazagaragara iki gice cyo kwiyerekana mu myambaro ya ’Bikini’



















TANGA IGITEKEREZO