Umuhanzi Hategikamana Kizito uzwi ku izina rya ‘Khizz’ uririmba mu njyana ya R&B yashyize hanze amashusho y’indirimbo y’urukundo ituje cyane yise “Harageze”.
Uyu muhanzi wamenyekanye cyane mu ndirimbo nka ‘Ndakunzwe’, ‘Ni we nta wundi’ yarakoranye na Tom Close, ‘n’izindi yashyize hanze amashusho y’iyi ndirimbo ivuga ku rukundo rushyizwe ku mugaragaro no kuba umusore yambitse impeta uwo yahisemo.
Iyi ndirimbo ‘Harageze’ yatunganyirijwe muri label ya ‘Incredible Records’ Khizz asanzwe abarizwamo, aho amajwi yayo yakozwe na ‘Chris Chittah’ naho amashusho akorwa na ‘Bagenzi Bernard’.
Yirebe hano:



















TANGA IGITEKEREZO