Ishuri ryigisha ibijyanye no kuvangavanga imiziki mu Rwanda, Skratch Music Academy (SMA), ryashyize hanze ku nshuro ya mbere abanyeshuri 15 bamaze amezi atatu baryigamo.
Muri bo batandatu bamaze kubona aho bakora harimo Deejay Selekta Copain, Deejay Kerb na Dj Lenzo bakora muri KBC, Deejay Ol ukora muri Rosty, Deejay Smith ukora mu bitaramo bya Airtel n’abandi.
Deejay Shalif, usanzwe ukora muri ‘Le Must Pub’ mu Kiyovu, ari nawe mwarimu wabigishije yabwiye IGIHE ko kwiga muri iri shuri bitanga amahirwe ku rubyiruko yo kubona akazi ku buryo bwihuse.
Iri shuri rya Skratch Music Academy riherereye mu nyubako yo kwa Ndamage, ku muhanda ugana kuri EWASA, ahateganye n’inyubako nshya ya T-2000 hirya gato yo kwa Rubangura mu muturirwa wa kane.
Kanda hano umenye ibisobanuro byinshi kuri Scratch Music Academy



















TANGA IGITEKEREZO