King James, aratangaza ko bidahindutse ashobora gusubira ku mugabane w’u Burayi muri Kanama 2013, icyo gihe akazazenguruka ibihugu bitandukanye akoramo ibitaramo, ariko akibanda mu bihugu bibarizwamo Abanyarwanda benshi.
King James aratangaza ko abifashijwemo n’Umunyarwanda witwa Justin Karekezi ubayo ashobora kongera kwerekeza ku mugabane, dore ko ari nawe wari wanamufashije kwerekezayo mu Kwakira 2012 ubwo aheruka gukorera ibitaramo mu Bubiligi.
King James avuga ko ku mugabane w’u Burayi ahafite abafana benshi, ari nayo mpamvu yifuza gusubirayo ngo abataramire.
Yagize ati: “Ubu turimo kubitegura, njye na Justin uzabimfashamo. Ndatekereza ko bidahindutse nzagenda muri Kanama 2013, ngakora ibitaramo mu bihugu bitandukanye by’i Burayi bibarizwamo Abanyarwanda.”
King James ariko yatangaje ko gahunda y’ibitaramo naho bizabera ndetse n’amatariki nyakuri yo kugenda azayatangaza mu minsi iri imbere bimaze kumenyekana neza.



















TANGA IGITEKEREZO