00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kitoko yasubiyemo indirimbo yakundaga gusaba mu ntashyo kuri Radio Rwanda

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 27 September 2018 saa 06:30
Yasuwe :

Umuhanzi Kitoko Bibarwa ukunzwe mu njyana ya Kinyafurika (Afrobeat), yasubiyemo indirimbo ‘Rurabo’ avuga ko akiri mu mashuri yisumbuye yakundaga kwandika amabaruwa ayisaba mu kiganiro intashyo cyo kuri Radio Rwanda.

Iyi ndirimbo ‘Rurabo’ yaririmbwe n’abahoze muri Orchestre Nyampinga barimo na Paul Samputu, ari nawe wahaye Kitoko uburenganzira bwo kuyisubiramo.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Kitoko yavuze ko icyamuteye gusubiramo iyi ndirimbo ari uko yayikundaga akiri umwana akaba yaraje no kugera nyuma agahura na bamwe mu baririmbye muri Orchestre Nyampinga, bakamuha uburenganzira bwo kuyisubiramo.

Yagize ati “Ni indirimbo nakunze ndi umwana cyane njya nibuka kera ndi no muri internat (Mu mashuri yisumbuye), dusaba indirimbo kuri Radio Rwanda, mu ntashyo wandika utubaruwa nayisabye nka kabiri.”

“Naje kugira amahirwe rero uko nkura mpura na bamwe baririmbye muri Nyampinga ndayibasaba (kuyisubiramo), barabinyemerera.”

Yakozwe n’uwitwa Madbeat uri mu bakunzwe kandi bagaragaza ubuhanga mu gutunganya indirimbo z’abahanzi muri iyi minsi.

Uyu muhanzi avuga ko iyi ndirimbo yari ayimaranye igihe kigera ku mwaka yararangiye kuyikora aho yagiye ayumvisha abantu bakayishimira biza gutuma afata umwanzuro wo kuyikorera amashusho akayishyira ahagaragara.

Yakomeje avuga ko muri iyi minsi ashaka gushyira imbaraga muri muzika ye akora indirimbo zitandukanye kugira ngo nawe abashe kugera ku iterambere nk’iry’abandi bahanzi bo mu bindi bihugu.

Kuri ubu Kitoko uri kwiga mu gihugu cy’u Bwongereza avuga ko muri iyi minsi afite inshingano nyinshi ahugiyemo zituma adakora ibitaramo, ariko ngo ari gutegura ko nyuma azatangaza gahunda yo kwiyereka no gutaramira abakunzi b’ibihangano bye hirya no hino ku Isi.

Indirimbo Rurabo yasubiwemo na Kitoko:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages