Mc Tino umunyamakuru, umuhanzi akaba n’umushyushya birori avuga ko atazigera yibagirwa mu genzi we w’umuhanzi witwa Marshal Mampa ikintu yigeze kumukorera bakiri bato kuko kugeza n’ubu ntabwo kizamuva mu mutwe, gusa nanone avuga ko Atari inzika mbi ahubwo ko iyo abyibutse bimusetsa cyane.
Mu kiganiro Mc Tino yatanze ubwo yari mu rugendo yerekeza iRusizi mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star IIIari kumwe n’abandi banyamakuru dore ko ari nawe mushyushya birori muri iryo rushanwa yagize ati: “Mfite ibintu byinshi byanshimishije mu buzima, nkagira n’ibyambabaje, ariko sinzigera nibagirwa Marshal Mampa ukuntu yigeze kumbuza gusohoka mu nzu ngo mbanze mfate Teremusi n’ibiyiko mbigurishe hanyuma muhe amafaranga mbone kujya gukina n’abandi bana”.
Mc Tino akomeza avuga kandi ko ubu ari n’inshuti cyane gusa batajya basubira mu tuntu twa kera. Marshal Mampa ni umuhanzi ukora injyana ya HipHop unaheruka mu buroko ahoy amaze igihe kigera ku myaka 2 afunzwe azira urugomo.
Reba indirimbo "Zanyumiyeho" ya Marshal Mampa afatanyije na Fireman ndetse na Bruce Melodie.



















TANGA IGITEKEREZO