00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nta mpamvu yo guhangana hagati ya Kina Music na Super level- Boubou

Yanditswe na

Joel Rutaganda

Kuya 6 June 2013 saa 12:57
Yasuwe :

Nyuma y’aho haje kuvugwa amagambo menshi n’abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star III ubwo Tom Close yazaga gufasha Knowless mu ndirimbo basubiranyemo yitwa “Mama w’Abana banjye”, nti byaje kuvugwaho rumwe na bamwe mu bahanzi. Umuyobozi mukuru wa ‘EAP’ “East African Promotors” Mushyoma Joseph uzwi cyane ku izina rya Boubou arasanga bapfa ubusa kuko bakabaye barushaho gukora neza amajwi yabo kuruta gushyushyanya imitwe kuko bazakemurwa n’aba Judges.
Mu kiganiro na IGIHE, (…)

Nyuma y’aho haje kuvugwa amagambo menshi n’abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star III ubwo Tom Close yazaga gufasha Knowless mu ndirimbo basubiranyemo yitwa “Mama w’Abana banjye”, nti byaje kuvugwaho rumwe na bamwe mu bahanzi. Umuyobozi mukuru wa ‘EAP’ “East African Promotors” Mushyoma Joseph uzwi cyane ku izina rya Boubou arasanga bapfa ubusa kuko bakabaye barushaho gukora neza amajwi yabo kuruta gushyushyanya imitwe kuko bazakemurwa n’aba Judges.

Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi wa ‘EAP’ Mushyoma Joseph ufatanya na Bralirwa gutegura Guma Guma, yagize ati: “Ibi ntacyo bitwaye gusa ntibizemerwa ubwo Raodshows zizaba zirangiye kuko abahanzi bazakora ku giti cya bo ubwo live zizaba zitangiye”.

Akomeza asobanura ku magambo avugwa cyane ko umwe mu bakozi ba EAP witwa Spring yaba yarahagaritswe ubwo yazaga agahamagara Kamichi akamuvana mu rwambariro ngo aze kuri ‘stage’ kuririmbana na Knowless kandi abizi neza ko nta ndirimbo bari bukorane, Boubou avuga ko ari ibinyoma.

Ibi byabaye nyuma y’aho hari hamaze iminsi umuhanzi Amag The Black aza gufasha itsinda rya “Urban Boys ribarizwa muri Super Level, ndetse na Riderman wo mu Ibisumizi”, bityo rero bituma na Knowless azana Tom Close nk’umwe mubakoranye indirimbo “Mama w’Abana banjye”. Bamwe mu bahanzi baribaza bati: ”Ubuse dushake abo twakoranye indirimbo bose baze tujyane muri Raodshows? cyangwa duhamagare bene wacu bose baze twigaragaze?”.

Umuyobozi mukuru wa EAP Mushyoma Joseph Boubou.
Tom Close na Knowless mu ndirimbo "Mama w'Abana banjye".
Clement, Platini, Tom Close, Knowless ndetse na TMC bose babarizwa mui KINA Music
Amag The Black uza gufasha Urban Boys ndetse na Riderman, kubera indirimbo amaze gukorera muri Super Level ndetse n'Ibisumizi.

Ni ugutegereza kuzareba igihe aba bahanzi bazaba batangiye gukora ku giti cyabo batakizana ababafasha.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages