00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyuma y’imyaka ibiri batandukanye, Ariel Wayz yahuriye ku rubyiniro na Symphony Band (Amafoto)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 6 November 2022 saa 10:04
Yasuwe :

Ariel Wayz na Symphony Band banejejwe bikomeye no kongera guhurira ku rubyiniro rumwe bataramira abakunzi b’umuziki wabo, nyuma y’imyaka ibiri uwo muhanzikazi atandukanye n’iri tsinda.

Ibi byabereye mu gitaramo aba banyamuziki bahuriyemo cyateguwe na Symphony Band batumira umuhanzikazi Ariel Wayz babanye mu itsinda, bongera kwiyibutsa ibihe byiza bagiranye bacyinjira mu muziki nyuma y’amasomo bakuye mu ishuri rya muzika ryahoze ku Nyundo.

‘Fantasy Music Concert’ ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2022 nyuma y’imyaka ibiri havugwa umwuka mubi hagati ya Ariel Wayz n’itsinda rya Symphony Band.

Iki gitaramo cyari kiyobowe n’umunyarwenya Michael Sengazi cyitabiriwe n’abibyamamare nka Miss Ingabire Grace ufite ikamba rya Miss Rwanda 2021, Umuhanzi Peace Jolis, Micheal Makembe , Juda Muzik, Kevin Kade, Babo Ekeight, Dj Brianne n’abandi.

Nyuma y’umuziki wa Dj Fiston n’abanyeshuri bo ku ishuri rya muzika na Inki , Symphony Band yahise yinjira ku rubyiniro abakunzi b’umuziki bava mu byabo bigira imbere basanganira iri tsinda.

Iri tsinda ryifashishwa cyane mu gucurangira abahanzi benshi mu bitaramo bibera mu Rwanda no hanze yarwo, ryatangiye ricuranga uruhererekane rw’indirimbo zitandukanye mu buryo bwa live ku buryo ubumva yahitaga amenya indirimbo bagezeho akaba ariwe uyiririmbira anabyina uko abishoboye.

Nyuma y’iminota 30 bamaze bacuranga, Symphony Band yahamagaye Dj Ira wakoresheje ubuhanga bwe mu kuvanga umuziki.

Nyuma y’umwanya muto Symphony Band yahise itangira kuririmba zimwe mu ndirimbo zayo zirimo Ide, My day, Vanilla n’izindi.

Mbere y’uko bahamagara umuhanzikazi Ariel Wayz , umwe mu bagize iri tsinda (The Major) yafashe indangururamajwi abwira abari babakurikiye ko aribwo bagiye gutangira noneho.

Yagize ati “Noneho reka dutangire , dusubire aho byatangiriye, Ariel Wayz ndabona aza hano, ikaze.”

Bahise baririmbana indirimbo bakoze bakiri kumwe bise ‘Igitabo’ nyuma bamuha umwanya ariramba wenyine, banamucurangira zimwe mu ndirimbo ze zirimo Lavida loca, Away, Good Luck, You Should know n’izindi.

Ariel Wayz yavuye ku rubyiniro ashimira abakunzi be ndetse n’abagize itsinda rya Symphony Band ryakomeje gucuranga by’umwanya muto bongera kumuhamagara baririmbana indirimbo bise ‘Respect’ ari nayo yasoje iki gitaramo cyaberaga kuri ‘Institut Français ’

Ushaka kureba andi mafoto y’ibyaranze iki gitaramo wanyura hano

Reba hano uko iki gitaramo cyagenze mu mashusho

Umuhanzi Babo yari yaje gushyigikira abahanzi bagenzi be
Miss Ingabire Grace yanyuzwe n'umuziki yacurangiwe kuva igitaramo kigitangira
Peace Jolis yari yatwawe n'umuziki wa Symphony Band
Nyuma y'imyaka ibiri ataririmbana na Symphony Band bongeye gusangira urubyiniro rumwe bataramira abakunzi babo
Miss Ingabire Grace ufite ikamba rya Miss Rwanda 2021 yanyuzagamo akabyina uko abishoboye
Junior umwe mu bagize itsinda rya Juda Muzik yari yatwawe n'umuziki wa Symphony Band
Joachim (The Major) ubarizwa mu itsinda rya Symphony Band
Inkweto Ariel Wayz yaserukanye muri iki gitaramo
Inki yanyuze abakunzi b'umuziki wa live
Iki gitaramo cyitabiriwe n'ab'ingeri zitandukanye
Ibyinshimo byageraga kuri buri wese wageze muri iki gitaramo
Frank (Double bass) ubarizwa mu itsinda rya Symphony Band yigaragaje kuri guitar bass
Etienne nawe ni umwe mu bagize iritsinda rya Symphony Band
Dj Ira yafatanyije na Symphony Band muri iki gitaramo
Darest umwe mubagize itsinda rya Juda Muzik yari yaje gushyigikira abahanzi bagenzi be
Byari ibyishimo kongera kubona aba banyamuziki baririmbana
Byari ibyishimo bidasanzwe kuri Ariel Wayz wongeye guhura na Symphony Band
Buri wese yabyinaga uko abishoboye
Bamwe mu banyeshuri ba muzika bagaragaje ubuhanga bwabo muri iki gitaramo cya bakuru babo
Bamwe bageze aho bikura amashati babyina umuziki bisanzuye
Ariel Wayz yanejewe no kongera gucurangirwa na Symphony Band
Ariel Wayz yakoresheje imbaraga nyinshi mu gutanga ibyishimo ku bakunda ibihangano bye
Akanyamuneza kari kose ku babashije kugera muri iki gitaramo
DJ Ira yashimishije abitabiriye iki gitaramo

Amafoto: Prince Munyakuri


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages