Pizzo John yabigarutseho mu kiganiro na IGIHE ubwo yari ageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege i Kanombe ku itariki 26 Ukuboza 2023.
Uyu muhanzi umaze imyaka irenga icumi mu Bubiligi yagarutse ku mananiza yashyizweho n’abareberera inyungu Ruger.
Yagize ati “Urabizi se bariya bahanzi ni abana beza. Iyo mwahuje buri kintu cyose mwagikorana. Ariko rero abamureberera inyungu baragoye cyane. Babanje kunsaba amafaranga ntabasha kubona nyuma bambwira ko tuzajya muri Nigeria gufata amashusho, ibyo byose bagira ngo amafaranga akunde amvemo.”
Pizzo John yigiriye inama yo gutegereza igihe Ruger azagarukira i Burayi aje mu biruhuko babona gukorana indirimbo banafatira amashusho i Burayi.
Kugeza ubu iyi ndirimbo yararangiye igisigaye ni ukuyisohora dore ko biri mu byamuzanye mu biruhuko kugira ngo abashe kuyamamaza.
Pizzo John kandi afitanye indirimbo na Big Fizzo, Sat-B, Davis D, n’abandi bahanzi bafite amazina azwi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!