Abahanzi Mazimpaka Rafiki ndetse na Mako Nikoshwa ntibavuga rumwe n’abanyamakuru bakora imyidagaduro ba hano mu Rwanda, impamvu aba bahanzi baba batarimo kuvuga rumwe n’abanyamakuru ni uko kugeza ubu nta ndirimbo zabo zigikinwa kuri radio ndetse no mubindi bitangaza makuru bitandukanye.
Nk’uko Rafiki ndetse na Mako Nikoshwa babidutangarije, bagize bati: “ Ntabwo tuzi neza icyo abanyamakuru dupfa nabo, kuko mbere umuntu yakoraga indirimbo ugasanga nibo bakwirukaho bakubaza nimba wayibaha, ariko nyuma ntituzi uko byagenze cyangwa se nimba hari ibisabwa ngo indirimbo zikinwe”.
Rafiki na Mako Nikoshwa bakome bavuga ko abanyamakuru bakora imyidagaduro bakwiriye kuzamura impano z’abahanzi aho gucuranga indirimbo zimwe na zimwe z’abahanzi bamwe na bamwe.
Reba indirimbo "Gikomando" ya Rafiki.
Reba indirimbo "Nkutekerezaho" ya Mako Nikoshwa.



















TANGA IGITEKEREZO