Kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Gicurasi 2013, nibwo hatangiye ku mugaragaro icyiciro cya mbere kibimburira “Talentum 2”, irushanwa ryo kuvumbura impano yo kuririmba ribaye ku nshuro yaryo ya kabiri, aho ku musozo waryo uzaryegukana azahembwa miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda no gukorerwa indirimbo (iz’amajwi 5 harimo ifite amashusho 1) naho bane bakurikiye bakazahembwa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50 no gukorerwa indirimbo 1, no kumenyekanishwa.
Ku ikubitiro, aya marushanwa yatangiriye kuri site ya Kigali kuri Maison des Jeunes/Kimisagara, ababashije kwitabira iri rushanwa bari 36 , hakaba hagaragayemo ubwiganze bw’abahungu dore ko bari 33 naho abakobwa 3 gusa, icyatangaje abantu ni uko 2 muri abo bakobwa babashije gukomeza mu kindi cyiciro cy’aya marushanwa.
Hakomeje:
1. Teta Jessica
2. Cyubahiro Serge
3. Dushingiye Burabyo Yvan
4. Ruberwa Tony
5. Mukazi Edrissia
Abatangamanota bari Mwalimu wa muzika muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, bwana ‘David Ward’, ‘Piano’ utunganya muzika na ‘Davdanko’ na we utunganya muzika, dore ko bitari byoroshye mu guhitamo abazakomeza mu cyiciro kizakurikiraho.
Nyuma ya site ya Kigali, hazakurikiraho kuzenguruka mu ntara zose z’u Rwanda, aho amarushanwa azajya aba ari kuwa gatandatu ku matariki akurikira:
– 18/05/2013: Hatahiwe site ya Huye, bikazabera kuri ‘Centre Amicable de Huye’ bakunze kwita kuri ‘DUSHISHOZE’,
– 25/05/2013: Ni site ya Musanze, bikazabera kuri ‘Salle Polyvalente ya Muhoza’,
– 01/06/2013: Ni site ya Kayonza, bikazabera ku ‘Kigo cy’urubyiruko cya Kayonza’ kiri ku murenge wa Mukarange,
– 08/06/2013: Ni site ya Rusizi bikazabera kuri ’Stade ya Rusizi’.
‘Talentum’ nimarushanwa ategurwa na kampani 3 ari zo ‘Talent Detection Ltd, Ikirezi Group Ltd na IPromo Ltd, akaba iri mu mushinga zifatanyije witwa “Impano Development Project”.



















TANGA IGITEKEREZO