Nk’uko imibare y’urubuga Chart Data ibigaragaza, Taylor Swift na Drake nibo bahanzi ba mbere bacuruje kurusha abandi bose muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka wa 2023.
Taylor Swift waje ku mwanya wa mbere yacuruje kopi miliyoni 19 z’indirimbo yakoze mu bihe bitandukanye, agakurikirwa n’umuraperi Drake wacuruje kopi miliyoni miliyoni 10.
Bitunguranye ku mwanya wa gatatu, haje umuhanzi Morgan Wallen uririmba mu njyana ya Country, yacuruje kopi miliyoni 8.4, akurikirwa na Zachalen Bryan wagurishije kopi miliyoni 4.8.
Ku mwanya wa gatanu hariho umuhanzikazi SZA, wagurishije kopi miliyoni 4.2, ku mwanya wa gatandatu hakaza umuraperi Young Boy Never Broke Again wacuruje kopi miliyoni 4.2.
Umuhanzi The Weeknd wo muri Canada uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Blinding Lights’; ‘I feel it coming’ n’izindi niwe uri ku mwanya wa karindwi, yacuruje kopi miliyoni 3.9.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!