Ni indirimbo ye “Let Me Be,” ya Amapiano ikomeje gutuma aba ikimenyabose kuko imaze kurebwa n’abasaga miliyoni 13 kuri YouTube na TikTok, ndetse imaze kwiganza cyane ku mbuga zicuruza imiziki mu Burayi na Afurika.
Mu cyumweru gishize, ubwo yaganiraga na OkayAfrica, uyu muhanzi yagize ati “Sinshaka kuvuga ko ari njyewe wayiririmbye kubera ko atari njyewe. Ndashaka kuvuga ko ari indirimbo ya nyayo, ariko ya AI”.
Uyu muhanzi uvuka mu Rwanda w’imyaka 21 y’amavuko, avuga ko yari yabanje gufatira amajwi y’iyi ndirimbo muri studio iherereye mu Bufaransa, aho ari kwiga, mbere y’amezi atandatu kugira ngo imenyekane. Amajwi yari aye n’amagambo ari aye.
Icyakora ntiyishimiye uburyo yatunganyijwemo ahita areka kuyisohora, yigira inama yo kwifashisha AI arayitunganyiriza.
Elvin Cena yayishyize muri SunoAI ari umwimerere maze arayikorera. Ati “Natangiye nyikoramo Amapiano kuko nashakaga indirimbo ibyinitse. Mu gitero cya kabiri, nshaka umugore turirimbana”.
Yanze gusohora iyi ndirimbo mu mazina ye ahubwo yiyita “The Second Voice” kuko atashakaga kumvikana nk’umuhanzi ukoresha AI 100% mu muziki.
Ikindi iyi ndirimbo yayishyize kuri shene nshya, adasanzwe akoresha, ku wa 8 Gashyantare 2026 ihita itumbagira kuri murandasi.
Byaramutunguye gusanga yabaye gikwira ku mbuga nkoranyambaga kuko nko kuri TikTok imaze kwifashishwa mu mashusho asaga 50.000.
Yahise ayikura kuri iyi shene ayishyira ku ye yari isanzwe, amaze kubona ko yakunzwe ikarebwa n’abasaga miliyoni imwe, ndetse yongeramo n’amazina ye ya nyayo.
Kuri YouTube, “Let Me Be” yahise yuzuza miliyoni ebyiri mu minsi itandatu isohotse. Yageze ku mwanya wa 15 ku rutonde rw’izumvwa cyane mu Bufaransa. Yahise abigaragariza kuri Instagram ye.
Cena yatangiye umuziki mu 2020 awukora mu Cyongereza Ikinyarwanda n’Igifaransa. Amaze kugira abamukurikira bagera ku 14.000 kuri shene ye “Elvin Cena Production’ ya YouTube na ho kuri Spotify yumvwa n’abasaga 10.000 buri kwezi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!