Hari hashize igihe kinini atumvikana cyane mu Rwanda mu njyana ye yatangije yise “Njyana Nsazi”, ariko ubu aratangaza ko yagarukanye indirimbo nshya ziri muri iyi njyana zirimo amashusho y’iyo yise “Mariya” yaririmbanye na Elion Victory.
Aya mashusho yakozwe na Producer Meddy Saleh wa Press It. Agaragaramo ababyinnyi bagize itsinda rya Sick City Entertainment.
Aganira na IGIHE, NPC yavuze ko ubu intego ye ari ukongera kugeza ku bafana be ibihangano byinshi byiza kandi ko arangamiye guteza imbere injyana nsazi.
Yabwiye IGIHE ko mu minsi mike iri imbere ashyira hanze indirimbo nshya.
Reba amashusho y’Indirimbo Mariya ya NPC:



















TANGA IGITEKEREZO