Umuhanzikazi w’imivugo n’indirimbo ‘Zouzou Zoulaika’ yise umwana we w’umukobwa aherutse kwibaruka amazina asanisha n’aya nyakwigendera Henry Hirwa wari umwe mu bagize itsinda ‘KGB’, nk’uko yari yarabivuze.
Ubwo nyakwigendera Hirwa Henry yitabaga Imana mu mpera z’umwaka ushize, abantu benshi baguye mu kantu kubera urupfu rwe rwatunguranye kandi akiri muto, maze by’umzwihariko Zouzou Zoulaika wari umwe mu nkoramutima ze ahita atangaza ko mu rwego rwo kumuzirikana no guhora yibuka umubano bagiranye, atangaza ko umwana azabya, yaba umuhungu cyangwa umukobwa, azamwita amazina ye cyangwa asanisha nayo.
Ubwo yibarukaga, hagati muri Mata 2013, ibyo Zoulaika yahize yarabyesheje, maze mu kwita amazina umukobwa we amwita “Hirwa Gihozo Amina Henryta”.
Mu kiganiro na IGIHE, yagize ati: “Henry mufata nk’intwari, kuko namwigiragaho byinshi cyane cyane ibijyanye no kubana n’abantu, hamwe byageze n’aho dukora itsinda ry’abakobwa bakundaga KGB (Kigali Boys), twe twitwa KGG (Kigali Girls), bityo ngomba kumuzirikana bidasubirwa. Nari narabihize, ariko nabifashijemo n’umuzungukazi twabanaga muri KGG, yita umukobwa wanjye ‘Henryta’, jye na se twumva biratunyuze.”
Yakomeje avuga ko Atari ibyo gusa, kuko azakomeza kwitabira ibikorwa bijyanye no kwibuka nyakwigendera Henry, ndetse ko banateganya gushinga Umuryango (Foundation) uzamwitirirwa.
Reba inkuru byerekeranye:



















TANGA IGITEKEREZO