DJ Adams umwe mu banyamakuru batajya bapfana ijambo, aho usanga kenshi aterana hejuru n’abahanzi kubera ibikorwa bya bamwe bitamunyura birimo kutaririmba by’umwimerere no kwigana indirimbo z’abandi akunze kwita "Gushishura", kuri ubu aravuga ko abanyamakuru bakora imyidagaduro ko ari amadebe koko.
Aganira na IGIHE, DJ Adams yagize ati: “ Natunguwe cyane no kubona umuhanzi wari ufite abakunzi benshi nka Jay Polly ataza mu marushanwa ya PGGSS III kuko ngo yabise amadebe, ubwose aho batamwerekeye ko ari amadebe nihe? Nifuza ko twateza umuziki imbere dushingiye kumpano z’abahanzi, nibwo tuzahindura muzika nyarwanda”.
DJ Adams ni umwe mu banyamakuru barwanyije abahanzi baririmbiraga kuri CD, kugeza ubu abahanzi benshi ntibagikozwa CD kuko bakoresha amajwi yabo.



















TANGA IGITEKEREZO