00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dore siporo zikorwa na bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda

Yanditswe na

Joel Rutaganda

Kuya 12 March 2013 saa 08:55
Yasuwe :

Kenshi abahanzi usanga bakunda kwita ku mubiri wabo, aho usanga bashimishwa no kugaragara neza aho bari hose, bambaye bakaberwa kuko baba bahanzwe amaso na benshi.
Mu rwego rwo kurwanya umubyibuho ngo batica "look" yabo, benshi mu bahanzi usanga hari siporo runaka bakora. Bamwe muri bo baduhishuriye izo bitabira.
1.Fireman
Uyu muhanzi ukoresha injyana ya Hip Hop yamenyekanye mu ndirimbo “Mama Rwanda”, avuga ko iyo abonye umwanya atari mu muziki cyangwa izindi gahunda z’akazi, ajya (…)

Kenshi abahanzi usanga bakunda kwita ku mubiri wabo, aho usanga bashimishwa no kugaragara neza aho bari hose, bambaye bakaberwa kuko baba bahanzwe amaso na benshi.

Mu rwego rwo kurwanya umubyibuho ngo batica "look" yabo, benshi mu bahanzi usanga hari siporo runaka bakora. Bamwe muri bo baduhishuriye izo bitabira.

1.Fireman

Fireman

Uyu muhanzi ukoresha injyana ya Hip Hop yamenyekanye mu ndirimbo “Mama Rwanda”, avuga ko iyo abonye umwanya atari mu muziki cyangwa izindi gahunda z’akazi, ajya gukina karate ndetse ngo niwo mukino akunda kurusha indi.

2. Ruhumuriza James (King James)

King James

Umuhanzi King James uzwi mu ndirimbo Pala Pala avuga ko iyo atari muri muzika afata umwanya akajya koga, gusa yanze gutangaza aho akoreramo iyo siporo, ariko ni ku Kicukiro.

3. Bagabo Adolphe (Kamichi)

Kamichi

Kamichi uzwi mu ndirimbo nka “Byacitse” n’izindi ziri mu njyana y’Abanyafurika (Afrobeat) avuga ko akunda gukina umukino wa Basketball, Umupira w’amaguru, Volleyball na Karate. Kamichi avuga ko muri iyi minsi afite imvune ku ino yagize ari gukina umupira w’amaguru.

4. Jules Sentore

Jules azwi mu ndirimbo “Udatsikira” ndetse na “Muraho neza” yitiriye album ye ya mbere avuga ko we akunda gukora siporo yo kwiruka.

5. Bibarwa Patrick (Kitoko)

Kitoko

Kitoko uzwi mu njyana ya “Afrobeat” mu ndirimbo “Agakecuru” avuga ko ubu asigaye akunda gukora siporo yo koga muri Nyarutarama Tennis Club, ariko mbere yakinaga umupira w’amaguru muri ETO Kicukiro.

6. Ama G the Black

Ama G The Black

Umuhanzi Hakizimana Amani bita Ama G The Black wamenyekanye kuva muri 2012 mu ndirimbo “Uruhinja” avuga ko akora siporo yo gutwara igare, ndetse rimwe na rimwe iyo abonye umwanya akora siporo yo kwiruka.

7. Ngabo Medard (Meddy)

Meddy muri Gym

Uyu musore uririmba ahanini mu njyana ya R’n’B aho asigaye akorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ugereranyije uko asigaye angana kuri ubu n’uko yanganaga mu myaka ibiri ishize usanga harimo ikinyuranyo gikomeye, kuko kuri ubu yitabira cyane siporo yo guterura ibyuma ndetse n’indi myitozo myinshi. Kuri ubu yabaye bigango.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages