Umuhanzi akaba n’umunyamategeko w’umwuga, Francis Bakets, yashyize hanze indirimbo iva imuzingo amwe mu mateka y’u Rwanda n’Abanyarwanda.
Muri iyi ndirimbo yise "Amateka y’Abanyarwanda" hakubiyemo amwe mu mateka yaranze imibanire y’Abanyarwanda n’uko yagiye ihindurwa n’amateka kugeza ubwo Jenoside iba.
Mu kiganiro na IGIHE, Francis Bakets yagize ati: "Nakoze iyi ndirimbo mu rwego rwo kwibutsa Abanyarwanda amateka twubakiyeho, kugira ngo tumenye aho twavuye bityo tumenye aho tujya."
Yatangaje ko hakubiyemo amateka ya mbere ya Jenoside n’itegurwa ryayo, ayo mu gihe cya Jenoside kugeza aho tugeze ubu.
Yumve hano:



















TANGA IGITEKEREZO